Tuesday . 3 March 2026

INKURU ZIGEZWEHO

  • 1 March » Gicumbi: Abarwanashyaka ba Green Party basabwe guhangana n’ibiyobyabwenge – read more
  • 24 February » Trump yahakanye inkuru ivuga ko umuyobozi mukuru w’igisirikare cya Amerika arwanya igitero kuri Irani – read more
  • 24 February » Umuhungu wa Robert Mugabe yarezwe icyaha cyo gushaka kwica – read more
  • 23 February » Ubumwe bw’Uburayi (EU) yatangaje ko itazemera izamurwa ry’imisoro ku bicuruzwa byoherezwa muri Amerika nyuma y’icyemezo cy’Urukiko rw’Ikirenga – read more
  • 23 February » Abantu babiri bishwe n’impanuka ku munsi wa mbere wa Tour du Rwanda – read more

ELON MUSK YATANGAJE KO AGIYE GUSHINGA ISHYAKA RYA POLITIKE

Sunday 6 July 2025
    Yasomwe na

Umunyemari Elon Musk yatangaje ko agiye gushinga ishyaka rya politike, nyuma yo kudacana uwaka na Perezida w’America Donald Trump.


Elon Musk yashinze ishyaka ryitwa America Party kugira ngo asubize rubanda ubwisanzure

Umunyemari Elon Musk abinyujije ku rukuta rwe rwa X yahoze ari twitter yatangaje ko agiye gutangiza ishyaka rya Politike rizaba rije guhangana n’ishyaka ry’abarepublike n’abademocrate. Elon Musk ntaratangaza uzayobora iri shyaka cyane we ko atemerewe kuba yayobora ishyaka mu gihe yavukiye hanze y’iki gihugu.



Elon Musk yatangiye kugaragaza ubushake bwo gushinga ishyaka nyuma yo gushwana na Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za America Donald Trump ibyatumwe uyu mugabo ahitamo gusezera inshingano yari yahawe.



Elon Musk aherutse kujya ku rukuta rwe rwa X kuri uyu wa gatandatu maze arandika ati ‘’ nshingiye ku mpamvu 1 cyangwa 2 mukeneye irindi shyaka rishya rya Politike. Yakomeje avuga ko kandi asanga abanyamerika badafite demokarasi. Avuga ko yashinze America Party kugira ngo asubize rubanda ubwisanzure. Nta rwego na rumwe ruremeza ibijyanye n’iryo shyaka rishya rwatangijwe na Elon Musk.



Mu mwaka ushize umuherwe Elon Musk yashoye agera kuri 2550 z’amadorali ushize mu manyarwanda arasaga miliyoni 340 z’amafarana y’u Rwanda. Amatora n’ubundi byarangiye yegukanwe na Donald Trump aho hahise hashingwa Department of Government efficiency urwego rwari rushinzwe gukurikirana imicungire y’imari leta ishora, Elon musk arubera umuyobozi aho yaje gusezera nyuma.



NZABONIMANA Valens

feature-top
feature-top

Any message or comments?

pre-moderation

This forum is pre-moderated: your contribution will only appear after being validated by an admin.

Who are you?
Log in
Your post

To create paragraphs, just leave blank lines.

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

Iyandikishe ujye ubona Amakuru