Friday . 17 April 2026

INKURU ZIGEZWEHO

  • 10 April » Michigan yiyongereye kuzindi leta zibuka Jenoside yakorewe Abatutsi – read more
  • 1 April » Perezida w’u Burundi yaragije Imana igihugu cye nyuma y’uko ububiko bw’intwaro z’igisirikare cy’u Burundi bufashwe n’inkongi y’umuriro – read more
  • 31 March » Spain yafunze ikirere cyayo ku ndege z’intambara z’Amerika – read more
  • 31 March » Gakenke: Bakusanyije Miliyoni zisaga 200 zo kurengera abatishoboye – read more
  • 26 March » Perezida Kagame :Iterambere ry’amadini n’amatorero n’Igihugu gitera imbere – read more

ELON MUSK YATANGAJE KO AGIYE GUSHINGA ISHYAKA RYA POLITIKE

Sunday 6 July 2025
    Yasomwe na

Umunyemari Elon Musk yatangaje ko agiye gushinga ishyaka rya politike, nyuma yo kudacana uwaka na Perezida w’America Donald Trump.


Elon Musk yashinze ishyaka ryitwa America Party kugira ngo asubize rubanda ubwisanzure

Umunyemari Elon Musk abinyujije ku rukuta rwe rwa X yahoze ari twitter yatangaje ko agiye gutangiza ishyaka rya Politike rizaba rije guhangana n’ishyaka ry’abarepublike n’abademocrate. Elon Musk ntaratangaza uzayobora iri shyaka cyane we ko atemerewe kuba yayobora ishyaka mu gihe yavukiye hanze y’iki gihugu.



Elon Musk yatangiye kugaragaza ubushake bwo gushinga ishyaka nyuma yo gushwana na Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za America Donald Trump ibyatumwe uyu mugabo ahitamo gusezera inshingano yari yahawe.



Elon Musk aherutse kujya ku rukuta rwe rwa X kuri uyu wa gatandatu maze arandika ati ‘’ nshingiye ku mpamvu 1 cyangwa 2 mukeneye irindi shyaka rishya rya Politike. Yakomeje avuga ko kandi asanga abanyamerika badafite demokarasi. Avuga ko yashinze America Party kugira ngo asubize rubanda ubwisanzure. Nta rwego na rumwe ruremeza ibijyanye n’iryo shyaka rishya rwatangijwe na Elon Musk.



Mu mwaka ushize umuherwe Elon Musk yashoye agera kuri 2550 z’amadorali ushize mu manyarwanda arasaga miliyoni 340 z’amafarana y’u Rwanda. Amatora n’ubundi byarangiye yegukanwe na Donald Trump aho hahise hashingwa Department of Government efficiency urwego rwari rushinzwe gukurikirana imicungire y’imari leta ishora, Elon musk arubera umuyobozi aho yaje gusezera nyuma.



NZABONIMANA Valens

feature-top
feature-top

Any message or comments?

pre-moderation

This forum is pre-moderated: your contribution will only appear after being validated by an admin.

Who are you?
Log in
Your post

To create paragraphs, just leave blank lines.

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

Iyandikishe ujye ubona Amakuru