Umuvugizi w’Ihuriro AFC/M23 Lawrence Kanyuka yatangaje ko ingabo za Guverinoma ya Congo zatangiye kwica amasezerano bari bagiranye yo kutongera kubatera.
Ni agahenge ubundi kari katanzwe na FARDC nyuma yuko ibonye ko AFC/M23 ivuze ikanashyira mu bikorwa ko irekuye agace ka Walikale yari yafashe, impande zombi zigasobanura ko ari umusaruro wavuye mu biganiro bya Perezida Tshisekedi na Kagame imbere ya Emir wa Qatar.
Umuvugizi wa M23 amaze kubwira imiryango y’imbere mu gihugu n’umuryango mpuzamahanga ko bitandukanye n’ibyo FARDC yari yemeye, yatangiye kwica amasezerano.
Itangazo rigira riti: "Bitandukanye n’ibiri mu muitangazo ryo ku cyumweru, tariki ya 23 Werurwe 2025, ingabo za Leta n’abo bihurije hamwe ntibararekera guhagarika drones zabo kurasa kuri Walikale. iki kibazo kiradindiza kwimura ibirindiro by’ingabo za AFC/M23 mu gace. Twavuga ko iki gikorwa kiba inzitizi ikomeye ku kubaha agahenge bikaba binagira ingaruka mu biganiro by’amahoro byari birimbanyije."
Nubwo AFC/M23 ivuga ibi, hari abakeka ko AFC/M23 yaba imeze nk’ishaka kubona impamvu yo kwitwaza kuba hari abatangiye kuvuga ko nubwo yatangaje ko yarekuye Walikale ariko hakiri abantu bayo bagaragara mu nguni za Walikale, ibintu bisa no kuryamira amajanja no kutizera uwo bahanganye.
Samuel MUTUNGIREHE


















