Thursday . 5 March 2026

INKURU ZIGEZWEHO

  • 5 March » Iran yatangije ibitero byo ku butaka ku Ba Kurde bo muri Iraq – read more
  • 5 March » Rura yatangaje ibiciro bishya by’ibikomoka kuri Peteroli – read more
  • 5 March » Inama y’abaminisitiri yemeje ifungurwa ry’abarenga 1800 – read more
  • 4 March » Santa Kinyera wari wungirije muri Ambasade ya Uganda mu Rwanda yapfuye – read more
  • 4 March » Nyagatare: Barasaba ko igishanga cy’umuceri gitunganywa – read more

[AMAFOTO] Temberana na kompanyi Viking Safaris and Holidays uryoherwe n’ibyiza byo mu rw’Imisozi 1000

Thursday 24 March 2022
    Yasomwe na

Kompanyi Viking Safaris and Holidays ni ikigo kiyemeje gutembereza abantu b’ingeri zitandukanye mu gihugu hose, kugira ngo basure ibyiza nyaburanga bitatse u Rwanda, ruzwi nk’igihugu cy’imisozi 1000 ndetse no hanze yarwo.

Bamwe mu bamaze igihe bagendana n’iyi kompanyi ya Viking Safaris and Holidays ifite ikicaro mu Karere ka Musanze, by’umwihariko Abanyarwanda bavuga ko banyuzwe na serivisi ibaha kuko bafite n’abantu bagenda babasobanurira ibyiza nyaburanga, bagaheraho bavuga ko burya kudasura ibyiza by’iwanyu ari uguhomba byinshi .

Abanyarwanda n’abanyamahanga bishimira serivisi bahabwa mu gutemberana na Viking Safaris and Holidays

Ntwali Eric ni umwe mu baryohewe gutemberana n’iyi Kompanyi, yagize ati "Mu by’ukuri burya gukundisha abanyamahanga ibyiza by’iwanyu nawe ubwawe utabizi ni ikibazo, Abanyarwanda benshi bumva ko gutembera ari iby’abanyamahanga ariko ntabwo ari byo; dukwiye kumenya ibyiza bitatse igihugu cyacu kugira ngo tujye tubisobanura tubizi."

Undi mukerarugendo uzwi ku izina rya Solange, yatangarje ko yanyuzwe no kuzamuka ikirunga cya Bisoke yagiye akunda kwiga mu mashuri akiri muto.

Solange yagize ati "Ndishimye cyane bitavugwa, ubusanzwe kuzamuka Ikirunga cya Bisoke gifite m 3711 numvaga ko ari iby’abazungu gusa ariko urabona ko twese twishyimye kandi ndashishikariza Abanyarwanda gukunda ibyabo, ndetse bakabisura."

Umuyobozi Mukuru wa Viking Safaris and Holidays Bwana, Nduwayesu Christian, avuga ko yashyizeho iyi kompanyi kugira ngo ijye itembereza Abanyarwanda n’abanyamahanga mu gihugu no hanze yacyo mu rwego rwo kugira ngo bajye babwira abandi ibyo babonye kandi bajye babisobanura babizi.

Nduwayesu Christian yagize ati "Nagize igitekerezo cyo gushinga iyi kompanyi itembereza abantu ahantu hatandukanye mu rwego rwo gushimangira ko u Rwanda ari igihugu cy’ubukerarundo (Country of tourism), cyane ko hari igihe tubona ba mukerarugendo tukibaza aho bagiye, kandi ari twe baje basanga; tugomba kubasobanurira ibyiza bitatse igihugu cyacu kandi dufite ibyiza byinshi."

Uyu muyobozi akomeza asaba abantu bose kujya batemberana na Viking Safaris and Holidays kuko ari bo yashyiriweho kugira ngo ibafashe kugera ahantu hose hashoboka kandi bishyuzwa ku giciro gito cyane.

Akomeza agira ati "Dufite imodoka zitwara abantu baje batugana, dufite Restaurant ibagaburira, ndetse abakeneye serivisi zose zijyanye n’ubukerarugendo turabafasha. Dufite ibiro mu karere ka Musanze, mu mugi rwagati, imbere ya Equity Bank, mu nyubako ikoreramo Milano."

feature-top
feature-top

Any message or comments?

pre-moderation

This forum is pre-moderated: your contribution will only appear after being validated by an admin.

Who are you?
Log in
Your post

To create paragraphs, just leave blank lines.

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

Iyandikishe ujye ubona Amakuru