Thursday . 23 July 2026

INKURU ZIGEZWEHO

  • 16 July » Lioner Messi yageze ku mukino wa nyuma w’Igikombe cy’Isi cya 2026 – read more
  • 14 July » France na Espagne ziracakirana mu mukino wa 1/2 cy’Igikombe cy’Isi 2026: Mbappé na Yamal bahanganiye itike yerekeza ku mukino wa nyuma – read more
  • 13 July » Lamine Yamal yujuje imyaka 19: Umwana w’igitangaza ukomeje kwandika amateka muri ruhago y’Isi – read more
  • 13 July » BK Pro League Awards 2026: Abakinnyi babaye intyoza bashimiwe ku mugaragaro – read more
  • 9 July » Morocco irashaka kwihimura kuri France mu mukino w’ishiraniro wa 1/4 cy’Igikombe cy’Isi 2026 – read more

Abamanura agapfukamunwa bagiye kuvugira kuri micro bihanangirijwe

Wednesday 20 October 2021
    Yasomwe na

Mutungirehe Samuel

Umuyobozi Mukuru w’Ikigo cy’Igihugu gishinzwe iby’Ubuzima RBC, Dr. Nsanzimana Sabin, yihanangirije abantu basigaye bagaragara bamanuye agapfukamunwa mu gihe bagiye gufata ijambo bakoresheje indangururamajwi, izwi nka Micro.

Mu butumwa uyu muyobozi yacishije ku rukuta rwe rwa Twitter yagize ati “Maze iminsi mbona abantu bajya gufata ijambo bakabanza gukuraho Agapfukamunwa barangiza kuvuga bakagasubizaho!”

Yakomeje agira avuga ko bitemewe ati “ Ibyo sibyo Pe!! Tukambare neza buri gihe turi mu bandi. #Sindohoka”.

Mu byemezo by’Inama y’Abaminisitiri iherutse guterana tariki ya 13 Ukwakira 2021 yamenyesheje abaturage ko ari ngomba kubahiriza amabwiriza yo kwirinda COVID19 harimo gusiga intera hagati y’umuntu n’undi, kwambara agapfukamunwa neza no gukaraba intoki. Abatazabyubahiriza bazafatirwa ibihano.

Kwambara neza ni ukwambara agapfukamunwa gasukuye gapfutse umunwa n’amazuru

feature-top
feature-top

Any message or comments?

pre-moderation

This forum is pre-moderated: your contribution will only appear after being validated by an admin.

Who are you?
Log in
Your post

To create paragraphs, just leave blank lines.

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

Iyandikishe ujye ubona Amakuru