Wednesday . 4 March 2026

INKURU ZIGEZWEHO

  • 4 March » Santa Kinyera wari wungirije muri Ambasade ya Uganda mu Rwanda yapfuye – read more
  • 4 March » Nyagatare: Barasaba ko igishanga cy’umuceri gitunganywa – read more
  • 3 March » ISRAEL YEMEJE IBITERO MURI LIBAN NA IRAN ICYARIMWE – read more
  • 1 March » Gicumbi: Abarwanashyaka ba Green Party basabwe guhangana n’ibiyobyabwenge – read more
  • 24 February » Trump yahakanye inkuru ivuga ko umuyobozi mukuru w’igisirikare cya Amerika arwanya igitero kuri Irani – read more

Abamanura agapfukamunwa bagiye kuvugira kuri micro bihanangirijwe

Wednesday 20 October 2021
    Yasomwe na

Mutungirehe Samuel

Umuyobozi Mukuru w’Ikigo cy’Igihugu gishinzwe iby’Ubuzima RBC, Dr. Nsanzimana Sabin, yihanangirije abantu basigaye bagaragara bamanuye agapfukamunwa mu gihe bagiye gufata ijambo bakoresheje indangururamajwi, izwi nka Micro.

Mu butumwa uyu muyobozi yacishije ku rukuta rwe rwa Twitter yagize ati “Maze iminsi mbona abantu bajya gufata ijambo bakabanza gukuraho Agapfukamunwa barangiza kuvuga bakagasubizaho!”

Yakomeje agira avuga ko bitemewe ati “ Ibyo sibyo Pe!! Tukambare neza buri gihe turi mu bandi. #Sindohoka”.

Mu byemezo by’Inama y’Abaminisitiri iherutse guterana tariki ya 13 Ukwakira 2021 yamenyesheje abaturage ko ari ngomba kubahiriza amabwiriza yo kwirinda COVID19 harimo gusiga intera hagati y’umuntu n’undi, kwambara agapfukamunwa neza no gukaraba intoki. Abatazabyubahiriza bazafatirwa ibihano.

Kwambara neza ni ukwambara agapfukamunwa gasukuye gapfutse umunwa n’amazuru

feature-top
feature-top

Any message or comments?

pre-moderation

This forum is pre-moderated: your contribution will only appear after being validated by an admin.

Who are you?
Log in
Your post

To create paragraphs, just leave blank lines.

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

Iyandikishe ujye ubona Amakuru