Urwego rw’igihugu rushinzwe iperereza RIB rwatangaje ko mu kwezi kumwe hakiriwe ibirego 222 by’abana basambanyijwe, imibare igaragaza ko iki cyaha gikomehje gufata indi ntera.
Kuri uyu wa Kane tariki 10 Gicurasi ubwo habaga inama yateguwe n’impuzamiryango CLADHO ihuriyemo abashinzwe uburezi mu Turere twose tw’igihugu n’izindi nzego zifite mu nshingano kwita ku burenganzira bw’umwana, Umukozi wa RIB, Mukamana Beline yavuze ko ibirego bakiriye bishobora kuba ari bike ugereranyije n’uko ikibazo gihagaze.
Agira ati “Muri Mata 2018 ubugenzacyaha bwakiriye ibirego 222 by’abana basambanyijwe. Abaje gutanga ikirego batwite cyangwa se baramaze kubyara ni 45. Abaje kurega barafashwe ku ngufu bikabaviramo gutwara inda ariko barengeje imyaka 18 ni bane. Icyakora abaza gutanga ikirego ni bake nta n’ubwo bageze kuri 1/5 cy’ibibazo bibari.”
Mu mwaka wa 2017 Minisiteri y’uburinganire n’iterambere ry’umuryango yatangaje ko abakobwa batagejeje imyaka 18 bagera ku 17500 batewe inda bamwe bikanabaviramo kuva mu ishuri.

















