Ndayambaje Jean Claude
Polisi y’u Rwanda yerekanye abantu 12 barimo abapolisi 7 n’abasivile 5 bakekwaho ibyaha bya ruswa bakoreye mu turere dutandukanye mu bihe bitandukanye.
Berekanwe ku Gicamusi cyo kuri uyu wa Gatatu tariki ya 3 Ukwakira 202, kuri sitasiyo ya polisi y’Umujyi wa Kigali , i Remera mu karere ka Gasabo, bakekwaho ibyaha bya ruswa bakoze kuva tariki ya 25 Ukwakira na tariki ya 27 Ukwakira 2021 ubwo hakorwaga ibizamini by’impushya zo gutwara ibinyabiga.
Aba bose bahakana ibi byaha bavuga ko nta bimenyetso bihari mu gihe hari abatangabuhamya bemeza ko batanze amafaranga kugira ngo bazabone impushya zo gutwa ibinyabiziga. Aba bose ibi byaha babikoreye mu turere dutandukanye ari two Nyamagabe, Rubavu, Gasabo , Muhanga na Huye.
Muri aba bapolisi bafashwe barimo umwe ufite ipeti rya CIP, batatu bafite ipeti rya IP, umwe ufite ipeti rya AIP hamwe n’abandi babiri bafite ipeti rya Sergeant, bose bakaba bacumbikiwe kuri sitasiyo ya polisi mu karere ka Gasabo.
Barimo n’abasivile















