Minisiteri y’Ubuzima yatangaje ko imaze kubarura abantu batandatu binjiye mu gihugu bafite Virusi ya Corona yihinduranyije, yo mu bwoko bwa Omicron, iri kwigaragaza mu bihugu bitandukanye ku isi Kandi ifite bukana burengeje izindi zagaragaye.
Ni itangazo ryasohotse kuri kuri uyu wa Kabiri tariki ya 14 Ukuboza, rihamagarira Abanyarwanda n’abaturarwanda gushishikarira kwikingiza guhera ku bafite imyaka 12 kuzamura no gusaba abafite imyaka 18 kuzamura kwikingiza urukingo rwa Gatatu rushimangira izo bahawe mbere.
Virusi ya Omicron yagaragaye bwa Mbere muri Afurika y’Epfo kuva ubwo ingendo zigana mu bihugu byo mu Majyepfo bitangira guhabwa akato, abantu batangira kuyikwirakwiza ku isi binyuze mu ngendo bakora zambukiranya ibihugu OMS ikaba ibarura ibihugu bitenga 70 iyo virusi imaze kubonekamo bikayitangaza ariko ikavuga ko bishobora kuba birenga kuko hari ibihugu bitaratangaza ko yabigezemo ku mpamvu zitazwi.
















