Abaturage bagera 796, kuri uyu wa Mbere, binjiye mu Rwanda batahutse bavuye muri DRC, aba baturage bakaba bari bamaze igihe gitandukanye muri kino guhugu.
Bakigera ku mupaka wa Grande Barrière, uhuza ibi bihugu byombi, basanganiwe n’inzego zitandukanye, zabafashije kubakira, ndetse bahabwa ikaze mu Rwanda. Aba baturage, batanga impamvu zitandukanye, zatumye baba mu buzima bw’ubuhunzi, aho gutaha mu gihugu cyabo.
Gakwisi Fabien, avuga ko yaje aturutse i Rubaya, avuga ko yatinze kugaruka kubera ko yaratafata icyemezo cyo gutaha, nyuma y’imyaka 30 yaramaze hanze y’u Rwanda.
Yagize ati" Natinze kugaruka kubera ko ubuzima nyine bugenda bugira impinduka yabwo, ubuzima bugira impinduka yabwo, ubwo icyemezo cyaro kitaraboneka, naje k’ubushake.
Undi nawe uri muri bano batahutse, witwa Nyirandeze Fabien, avuga ko yari yaragiye kuba muri DRC, kubera inzara, ngo kuko ubuzima avuga ko butari bumworoheye akiri mu Rwanda.
Ati" Ni inzara rwose, twavuye muri kino gihugu dufite inzara, tukajya tubura icyo kurya, tutagira aho guhinga, tutagira naho kuba, ubwo tubyaye abana tubona batapfira ino tubajyana muri Congo."
Bagaragaza ko muri rusange bari babayeho mu buzima bushaririye muri DRC, nkuko bishimangirwa kandi n’umusaza uvuga ko yitwa Bagirishaka Rwangarinde.
Yagize ati" Bazaga n’ijoro, bakatwaka utwo dufite, ubuse nambaye iri ngiri( yerekana ikote yari yambaye) ni amaseka? Twabaga i Gatare ka Masisi, tuvuyeyo turagenda tujya gushakisha nyine imibereho, tujya mu Bwiza, tuvuye mu Bwiza, nabwo bari bari kutwirukaho".
Gutahuka kwaba Banyarwanda kandi, byagizwemo uruhare rukomeye n’umutwe w’inyeshyamba wa M23, nyuma yaho bari bari aho uyu mutwe wafashe, umuze kuhambura ihuriro ry’ingabo za Leta ya DRC, nkuko binashimangirwa ma Dogiteri Oscar Balinda Umuvugizi w’Ungirije w’Ihuriro AFC, mu bya politiki iri huriro ribarizwamo uyu mutwe wa M23.
Umuyobozi w’Akarere ka Rubavu Mulindwa Prosper, yahaye ikaze aba batashye, kandi abamenyesha ko bazafashwe mu kwinjizwa mu buzima busanzwe mu Rwanda.
Yagize ati" Muzasanga mu Rwanda, nta kintu na kimwe, gikwiye gutuma uba hanze y’igihugu witwa impunzi, noneho kubaho utagira igihugu, utanditswe mu guhugu ntabwo ushobora gupanga gahunda z’iterambere rirambye ngo bishoboke."
Aba baturage batashye kuri uyu wa Mbere bagera kuri 796, baje mu cyiciro cya kabiri, aho icya mbere cy’abatashye ku wa Gatandatu basaga 360, ndetse hakaba hari n’abandi nabo bakiri muri DRC, nabo bazataha muri buno buryo.






















