ku nshuro ya 19 Abanyarwanda n’inshuti z’u Rwanda bahuriye mu Kinigi mu karere ka Musanze mu muhango wo Kwita Izina abana b’ingagi 23 bavutse muri uyu mwaka, abazituriye basabwa gukomeza kurinda ibidukikije n’urusobe rw’ibinyabuzima by’umwihariko Ingagi.
Mu ijambo rye nk’umushyitsi mukuru wari witabiriye uyu muhango Madamu Jeanette Kagame yasabye abaturiye pariki y’Ibirunga gukomeza kubungabunga ibidukikije babana neza n’Ingagi ndetse n’urundi rusobe rw’ibinyabuzima.
Yagize ati: "Ndabashimiye abaturage ba Musanze uburyo mwatwakiye ,ibidukikije ni indorerwamio iduha urugero rwiza rwerekana akaga isi yahura nako mu gihe tutitaye ku rusobe rw’ibinyabuzima mu buryo bukwiriye dusabwa kubana neza nabyo."
Mu butumwa bwatanzwe n’abashyitsi batandukanye bwagiye bugaruka ku kamaro iyi pariki ifitiye u Rwanda by’umwihariko abayituriye, aho bibukijwe ko iyo babungabunze urusobe rw’ibinyabuzima umusaruro ubageraho ntakabuza.
Umuyobozi w’Ikigo Cy’Igihugu cy’Iterambere (RDB) Clare Akamanzi yagaragaje ko umusaruro ukomoka mu bukerarugendo wiyongereho 56% aho yibukije abaturarwanda gukomeza kwita ku bidukikije babungabunga inyamaswa zibarizwa muri pariki y’ibirunga.
Yagize Ati:"Turashima cyane uburyo muhora mushyigikira ibikorwa by’ubukerarugendo, ni mwebwe dukesha ibyiza twishimira uyu munsi, Mu mezi atandatu ya mbere y’umwaka, ubukerarugendo bwazamutseho 56%, bisobanuye ko n’uruhare rwa 10% rugenerwa abaturage rwiyongereye, mukwiye gukomeza kubungabungaibidukikije."
Bamwe mu byamamare byitabiriye umuhango wo kwita izina barimo Sol Campbell, wigeze gukinirs Arsenal FC , Three Lions; Larry Green kuri ubu uri mu nama y’Ubutegetsi ya African Wildlife Foundation,
Mu bandi bitabiriye uyu muhango barimo Umuhoza Ineza Grace ufite Umuryango urengera ibidukikije , Anders Holch Povlsen, Umushoramari ukomeye mu by’imideli,Audrey Azoulay, Umuyobozi wa UNESCO n’abandi benshi batandukanye.
Yanditswe na Jean Claude Ndayambaje






















