Mutungirehe Samuel
Nyuma yo gusanga hari ababyeyi bananirwa gutanga uburere buboneye ku bana babo bakireguza ko nta bumenyi babifitemo, Minisiteri y’Uburinganire n’iterambere ry’Umuryango irimo gutegura Indi mfashanyigisho zigenewe ababyeyi z’uburere buboneye, izabafasha gutegura uburezi bw’umwana kuva avutse kugeza ari mu ishuri.
Minisitiri Prof. Bayisenge Jeannette yabisobanuye kuri iki cyumweru mu kiganiro kuri Radio y’igihugu, kibanze ku ngamba zihari zo gukura abana mu muhanda.
Yasobanuye ko iyo mfashanyigisho ije nyuma yuko bamaze Igihe bashyize hanze Indi iri kwifashishwa n’abagiye kurushinga kimwe n’ababyeyi mu kumva neza inshingano zo kwita ku bana babyaye.
Yagize ati "Burya ntiwatanga icyo udafite; ababyeyi benshi bazakubwira ngo nanjye ntabwo nzi aho nabihera wenda ngo nganirize umwana, nk’iby’ubuzima bw’imyororokere n’ibindi cyangwa ntiyumve n’uburemere bwo gufata ka kanya ngo baganire. Ni ho rero nka Minisiteri n’abafatanyabikorwa dushyira imbaraga mu gukora imfashanyigisho zifasha ba babyeyi.
Hariho nk’ikindi turimo gutegura kiri hafi ku musozo, cy’uburere buboneye, aho ababyeyi bamenya ngo ese kuva umwana agisamwa kugeza agize umwaka umwe, ibiri, itatu, kuri buri kiciro ndaganira nawe gute, ndamutoza gute."

















