Mu Burasirazuba bwa Repubulika ya Demokarasi ya Congo abaturage bo mu bwoko bw’abatutsi baba muri Territoire ya Masisi bamaze igihe bibasirwa n’abacunga bariyeri z’umutekano ziri ku muhanda uva Kitchanga ujya Sake.
BBC Gahuzamiryango yanditse ko imaze iminsi ibona ubutumwa buvuga ko ubwo bugizi bwa nabi buri gukorerwa mu Ntara ya Kivu y’Amajyaruguru.
Umuryango w’Abatutsi bo muri Kivu y’Amajyaruguru uvuga ko izo bariyeri zimaze igihe zarongerewe, bakemeza ko iyo abaturage bahageze bahagarikwa, baba abari ku maguru cyangwa moto ndetse n’imodokari.
Abacunze izo bariyeri ngo iyo babonye abasa n’abatutsi barabahagarika bakabagirira nabi mu kubaka amafranga bayabura bakabafunga.
Gusa ariko FARDC ihakana kwibasira abaturage b’abatutsi kuri za bariyeri.



















