Yanditswe na NIMUGIRE Fidelia
Hoteli yo mu murwa mukuru Mogadishu, yagabweho igitero n’umutwe wa Al-Shabab.
Iyi hoteli izwiho kuba aho abategetsi bo muri leta ya Somalia bakunzw kuba bari.
Nyuma gato y’icyo gitero cyo kuri hoteli Villa Rose cyatangiye ku cyumweru, Minisitiri w’ibidukikije wa Somalia Adam Aw Hirsi yavuze ko nawe ubwe yarokotse igitero.
Hari n’amakuru atemejwe yuko Mohamed Ahmed, Minisitiri w’umutekano wa Somalia, yakomeretse.
Intagondwa zo mu mutwe wa al-Shabab zavuze ko ziraye muri iyo hoteli. Uyu mutwe wiyitirira idini ya Islam umaze imyaka irenga 15 urwanya leta ya Somalia.
Hoteli Villa Rose, aho icyo gitero cyabereye, iri mu ntambwe nkeya uvuye ku biro bya Perezida wa Somalia, rwagati muri Mogadishu.
Umubare utamenyekanye w’abateye, bitwaje ibiturika n’imbunda, ni bo bakoze icyo gitero, nkuko abapolisi ba Somalia babibwiye ibiro ntaramakuru Reuters.
Umwe mu babibonye yavuze ko yumvise “igiturika cyane, cyakurikiwe no kurasana n’imbunda gukomeye.”
Ahmed Abdullahi, utuye hafi y’aho byabereye, yabwiye Reuters ati: “Twahungabanye. Turi mu nzu, twumva urusaku rw’amasasu.”
Mohammed Abdi, umwe mu bapolisi, yavuze ko bamwe mu bategetsi bo muri leta ya Somalia batabawe aho kuri hoteli Villa Rose, nyuma yo kunyura mu madirishya bahunga.
Mu kwezi kwa munani, amezi atatu nyuma yuko ageze ku butegetsi, Perezida wa Somalia Hassan Sheikh Mohamud yasezeranyije intambara isesuye kuri izi ntagondwa ziyitirira Islam, nyuma y’igitero zari zagabye kuri Hotel Havat, nayo y’i Mogadishu. Icyo gihe abantu barenga 20 barapfuye.
Amezi abiri nyuma yaho, ibitero bibiri by’ibisasu byo mu modoka hafi y’amasangano y’imihanda i Mogadishu byishe abantu nibura 100. Al-Shabab yigambye ko ari yogabye n’icyo gitero.
Perezida Mohamud nyuma yaho yakoranyije igisirikare cya Somalia n’imitwe y’abarwanyi ishingiye ku moko ishyigikiwe na leta, mu rwego rwo gufata ibyaro n’imijyi bakabyaka al-Shabab, igenzura igice kinini cy’iki gihugu.
Umunyamakuru wa BBC ukurikiranira hafi inkuru zo kuri Afurika Andrew Harding, aherutse kuba ari kumwe n’umutwe (bridage) wihariye wo mu gisirikare cya Somalia, uzwi ku izina ry’"umurabyo", ufashwa n’Amerika, ugira uruhare rukomeye muri uko guhashya al-Shabab.
Intego y’ibanze ya al-Shabab ni uguhirika leta ya Somalia no gushyiraho ubutegetsi bwayo bwite bushingiye ku buryo bukaze isobanuramo amategeko ya kisilamu.



















