Amanota agiye kujya hanze ni ay’abanyeshuri bakoze ibizamini bya Leta mu mwaka w’amashuri wa 2020/2021 bagera ku 52.145 barimo abahungu 22.894 n’abakobwa 26.892.
Amanota y’abakoze ibizamini bya Leta bisoza umwaka wa 6 w’amashuri yisumbuye agiye kujya hanze.
Mu kwezi gushize k’Ukwakira 2021, ni bwo amanota y’abanyeshuri bakoze ikizamini cya leta gisoza amashuri abanza n’ayisumbuye ikiciro rusange yashyizwe ahagaragara.
Muri uyu mwaka wa 2021 ibi bizamini byombi icyo bihuriyeho ni uko abanyeshuri babikoze mu gihe u Rwanda n’Isi muri rusange hari icyorezo cya COVID19 kicyugarije isi ndetse cyanashegeshe urwego rw’uburezi kuko haciyeho umwaka wose wa 202o abanyeshurii ibatize kuko amashuri yafunzwe abanyeshuri bagasubira mu ngo.
Ibyo ariko Minisiteri y’Uburezi ivuga ko nta ngaruka nini byagize ku mitsindire y’abanyeshuri bo mu byiciro bibanza n’icya rusange kuko batsinze ku kigero gishimishije.















