Tuesday . 3 March 2026

INKURU ZIGEZWEHO

  • 1 March » Gicumbi: Abarwanashyaka ba Green Party basabwe guhangana n’ibiyobyabwenge – read more
  • 24 February » Trump yahakanye inkuru ivuga ko umuyobozi mukuru w’igisirikare cya Amerika arwanya igitero kuri Irani – read more
  • 24 February » Umuhungu wa Robert Mugabe yarezwe icyaha cyo gushaka kwica – read more
  • 23 February » Ubumwe bw’Uburayi (EU) yatangaje ko itazemera izamurwa ry’imisoro ku bicuruzwa byoherezwa muri Amerika nyuma y’icyemezo cy’Urukiko rw’Ikirenga – read more
  • 23 February » Abantu babiri bishwe n’impanuka ku munsi wa mbere wa Tour du Rwanda – read more

Amb. Nduhungirehe ku cyasubitse ibiganiro bya Luanda

Monday 18 November 2024
    Yasomwe na

Tariki ya 16 Ugushyingo hari hateganyijwe kongera guhurira mu biganiro hagati y’u Rwanda na DRCONGO, ku rwego rwa ba Minisitiri b’ububanyi n’amahanga b’ibihugu byombi.

Ni ibiganiro byari byitezweho kwakira no gusuzuma Raporo yateguwe n’inzobere mu iperereza ubwo zahuraga tariki ya 30 Ukwakira, na zo zikayemeranyaho, zikayishyiraho umukono.

Mu kiganiro yahaye Mamaurwagasabo ku munsi abo baminisitiri bari guhuriraho, Amb Nduhungirehe Olivie Jean Patrick, yavuze ko Inama yimuwe.

Minisitiri Nduhungirehe yagize ati “Iyo nama yimuriwe ku itariki 25 Ugushyingo kuko ku itariki ya 16 gahunda zitabashije guhura hagati y’abaminisitiri. Ba Minisitiri b’Ububanyi n’Amahanga baba bafite gahunda nyinshi, ntabwo zabashije guhura. Ntabwo ari ibibazo bijyanye n’ubushake.”

Umwanzuro w’uku guhura wari wafatiwe mu biganiro byahurije izi ntumwa i Luanda tariki ya 12 Ukwakira 2024, ubwo zaganiraga ku bikorwa byo gusenya umutwe w’iterabwoba wa FDLR no kuba u Rwanda rwakuraho ingamba z’ubwirinzi rwashyizeho.

Abaminisitiri b’ububanyi n’amahanga bitabiriye ibi biganiro bemeranyije ko tariki ya 30 Ukwakira 2024 inzobere mu iperereza z’ibihugu bitatu (u Rwanda, RDC na Angola) zizahura, ziganire kuri ibi bikorwa hanyuma hategurwa indi nama yo kumurikiramo ibyo bakoranye, bemeranyijweho, ari nayo yasubitswe.

Ibi biganiro biteganyijwe mu gihe Intumwa z’u Rwanda zigaragaza ko ingamba z’ubwirinzi zizavaho mu gihe FDLR izaba imaze gusenywa. Iza RDC zo zisaba ko ibikorwa byombi byahurirana.

feature-top
feature-top

Any message or comments?

pre-moderation

This forum is pre-moderated: your contribution will only appear after being validated by an admin.

Who are you?
Log in
Your post

To create paragraphs, just leave blank lines.

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

Iyandikishe ujye ubona Amakuru