Yanditswe na Mutungirehe Samuel
Ambasaderi wa Misiri mu Rwanda, Rania Mahmoud El Banna yatangaje ko mu myaka azamara ahagarariye igihugu cye mu Rwanda agiye guahyira imbaga nyinshi mu kuzamura urwego rw’ubucuruzi hagati y’ibihugu byombi, nyuma yo kuganira na Perezida Kagame bagasanga mu myaka ishize haribanzwe cyane ku mubano mu bya politiki.
Yabitangaje ubwo yari amaze kugirana ibiganiro na Perezida wa Sena, Dr. Iyamuremye Jean Damascene, kuri uyu wa kane, tariki ya 3 Mutarama 2022.
Ambasaderi Rania yavuze ko nubwo ibihugu byombi bifite umubano mwiza mu bya politiki ariko mu by’ubucuruzi bitaragera ku rwego rwifuzwa.
Yakomeje avuga ko yabishyize mu mihigo ubwo yahuraga na Nyakuhabwa Perezida Kagame.
Ati "Nagira amahirwe yo guhura na Nyakubahwa Perezida, tuvugana ku mishinga y’ishoramari mu bihugu byombi, ambwira ko idahagije. Arambwira ngo mu gihe nzamara hano nzayongere, Imana ibimfashijemo igihe nkiri hano nareshya abashoramari.
Hari na bamwe batangiye kumpamagara kuko hari abashaka gutangira gutumiza ikawa n’icyayi by’u Rwanda."
Perezida wa Sena yavuze ko ibihugu byombi bifitanye umubano ukomeye, cyane ko Misiri ifata u Rwanda nk’isoko y’uruzi rwa Nil.
Yavuze kandi ko Misiri ifite imishinga itandukanye izungukira ibihugu byombi.















