Yanditswe na Imfurayabo Pierre Romeo
Umukuru w’abatavuga rumwe n’ubutegetsi mu Burundi Agathon Rwasa, aranegura abategetsi b’iki gihugu ku ngingo yo kubuza ibikorwa by’ishyaka rye rishya mu murwa mukuru Bujumbura
Avuga ko ibyo byerekana ko hariho bamwe mu bari ku butegetsi bakirimwo agatima bari bafite mu gihe cy’intambara.
Ishyaka rishya Congrès National de Liberté, CNL, riyobowe na Bwana Rwasa wari wateguye ibikorwa byo gufungura ingoro y’ishyaka i Bujumbura.
Mwibaruwa yandikiye Agathon Rwasa, umukuru w’umujyi wa Bujumbura, Freddy Mbonimpa, yamumenyesheje ko ibyo bikorwa bidashoboka kubera "impamvu z’umutekano".
Avugana n’umunyamakuru wa BBC i Bujumbura, Gildas Yihundimpundu, Agathon Rwasa avuga nta mpamvu z’umutekano zabujije ibikorwa kuko ngo hari n’abandi bari bakoze ibikorwa nk’byo.
Avuga ati: "Icyegera cya mbere cy’umukuru w’igihugu n’ishyaka rye Uprona bakoreye ibikorwa mu Kamenge muri uyu mujyi nyine, sinumva ukuntu uwo mutekano wahita uhungabana kubera twebwe tugiye gukora ibikorwa byacu byo gufungura ku mugaragaro inzu yishyaka ryacu".
Bwana Rwasa avuga ko nubwo bitagenze uko babishaka, igikorwa cyabo cyo gutangiza ku mugaragaro ibikorwa byabo n’ukwerekana aho babikorera cyabaye.
"Nubwo tutabitangije ku mugaragaro ariko kuritwe byaratangiye, kandi nubwo abantu batashoboye kubona aho dukorera, gusa barabizi ko tuhafite".
Agathon Rwasa avuga ko ibyabaye biri mu rugamba rukomeye rwo guharanira ukwishira nukwizana mu Burundi.
"Twebwe rero ntibiduca intege cyangwa ngo bitume turyama ngo dusinzire ngo n’uko batubujije gukora ahubwo turakomeza ibikorwa byacu kugeza twinjiye mu matora".
Abategetsi b’Uburundi bari babanje kwanga iri shyaka rya Bwana Rwasa, bamutegeta kubanza guhindura izina.
Umunyapolitiki Agathon Rwasa yahoze ayoboye Umutwe wari wafashe intwaro kugira ngo urwanye ugutegetsi mu gihe Uburundi bwari mu ntambara yo hagati mu gihugu (guerre civile). Avuga ko ishyaka rye rigomba kwitabira amatora azakurikira.
Inkuru ya BBC



















