Monday . 2 March 2026

INKURU ZIGEZWEHO

  • 1 March » Gicumbi: Abarwanashyaka ba Green Party basabwe guhangana n’ibiyobyabwenge – read more
  • 24 February » Trump yahakanye inkuru ivuga ko umuyobozi mukuru w’igisirikare cya Amerika arwanya igitero kuri Irani – read more
  • 24 February » Umuhungu wa Robert Mugabe yarezwe icyaha cyo gushaka kwica – read more
  • 23 February » Ubumwe bw’Uburayi (EU) yatangaje ko itazemera izamurwa ry’imisoro ku bicuruzwa byoherezwa muri Amerika nyuma y’icyemezo cy’Urukiko rw’Ikirenga – read more
  • 23 February » Abantu babiri bishwe n’impanuka ku munsi wa mbere wa Tour du Rwanda – read more

Gasabo na Nyarugenge babonye ababahagariye bashya muri Green Party

Sunday 14 December 2025
    Yasomwe na

Ishyaka riharanira Demokarasi no kurengera ibidukikije mu Rwanda (Democratic Green Party of Rwanda) muri Gasabo na Nyarugenge bamaze kubona Abarwanashyaka bashya babahagarariye.


Ishyaka Green Party ryungutse abarwanashyaka.

Aya matora abereye muri utu turere nyuma y’iminsi ibi bikorwa bibera mu Ntara zitandukanye z’Igihugu.

Komiseri Mukuru, Hon. Alexis Mugisha, afungura aya mahugurwa yarakomatanyije yibukije abarwanashyaka ba Green Party amahame agomba kubaranga aho bahuguwe ku ngingo zitandukanye zirimo no gukora ibibateza imbere.

Muhawenimana Louise, niwe wongeye gutorerwa kuyobora Green Party mu Karere ka Gasabo yagize ati”Iyi ishinga yo kwiteza imbere, n’ayo n’amahirwe baduhaye, turi kuyabyaza umusaruro, abana bacu bariga, abari mu murongo w’ubukene barateza imbere imibereho yabo, kandi gutanga mituweli ntibikigoye, urebye intumbero yacu iragana aheza.”

Batsinda Juliet Umunyamabanga muri Komisiyo y’Itangazamakuru n’imbugankoranyambaga muri Green Party Rwanda, yasabye abitabiriye aya mahugurwa gukoresha neza imbuga nkoranyambaga bagahangana n’abaharabika u Rwanda.

Yagize ati”Hari icyizere cyo kubona amajwi menshi mu matora y’umwaka utaha Kandi birashoboka, mukwiye gukoresha neza imbuga nkoranyambaga mukimakaza amahame agomba kuturanga.”

Komiseri Mukuru, Hon. Alexis Mugisha, yagaragaje ko izi nama zikomatanyije n’amahugurwa bamaze igihe bakorera hirya no hino mu gihugu bitanga icyizere cy’uko mu matora ya 2029 bazatsindira imyanya myinshi.


Komiseri Mukuru, Hon. Alexis Mugisha, avuga ku mahungurwa amaze iminsi akorwa

Ati“Ishyaka ryacu rikomeje kwegera abarwanashyaka baryo, ari na ko barushaho kurikunda, bikaduha icyizere cy’uko mu matora azakurikiraho tuzabona amajwi ahagije.”

Hon. Mugisha yakomeje avuga ko uko abantu barushaho kurikunda, ari na ko bagenda barisobanurira abandi.

Ati”Ku buryo bugaragara, twumva ari ibikorwa bikomeje kutuzanira umusaruro nk’uwo twari twiteze mu rwego rwa politiki.”

Nyuma y’inama, amahugurwa n’amatora mu turere twa Gasabo na Nyarugenge, Green Party isigaje guhura n’abo mu turere twa Kicukiro, Huye na Nyamagabe, ikaba isoje uturere rwose.

Jean Claude Ndayambaje

feature-top
feature-top

Any message or comments?

pre-moderation

This forum is pre-moderated: your contribution will only appear after being validated by an admin.

Who are you?
Log in
Your post

To create paragraphs, just leave blank lines.

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

Iyandikishe ujye ubona Amakuru