Thursday . 5 March 2026

INKURU ZIGEZWEHO

  • 5 March » Iran yatangije ibitero byo ku butaka ku Ba Kurde bo muri Iraq – read more
  • 5 March » Rura yatangaje ibiciro bishya by’ibikomoka kuri Peteroli – read more
  • 5 March » Inama y’abaminisitiri yemeje ifungurwa ry’abarenga 1800 – read more
  • 4 March » Santa Kinyera wari wungirije muri Ambasade ya Uganda mu Rwanda yapfuye – read more
  • 4 March » Nyagatare: Barasaba ko igishanga cy’umuceri gitunganywa – read more

Ba njyanama b’uturere na Nyobozi batowe bahuriye mu mwiherero i Gishari

Tuesday 23 November 2021
    Yasomwe na

Mutungirehe Samuel

Abayobozi 500 baherutse gutorerwa kujya mu Nama Njyanama na Nyobozi mu Turere twose wongeyeho na komite nyobozi ku rwego rw’intara n’Umujyi wa Kigali bahurijwe i Gishari mu karere ka Rwamagana mu Ishuri rya Polisi y’u Rwanda mu mwiherero mbere yo gutangira imirimo mishya ku batowe.

Aya mahugurwa aje nyuma y’umunsi umwe abayobozi bashya mu nzego z’ibanze barahiriye inshingano, muri manda y’imyaka itanu bagiye kuyobora.

Umuyobozi w’Ishuri rya Polisi y’u Rwanda ry’i Gishari Commissioner of Police( CP) Robert Niyonshuti niwe wabahaye ikaze

Bagaragaye bose mu mpuzankano ya Polisi y’u Rwanda, bambaye n’agapfukamunwa mu rwego rwo kwirinda covod19, bicaye mu cyumba mberabyombi bakurikiye amahugurwa abagenewe abafasha gutyaza ubwenge mu kazi bagiyemo.

Ubwo yagiraga icyo atangaza nyuma y’uko za Njyanama na Nyobozi zose zabonaga abazijyamo, Minisitiri Gatabazi yasabye abayobozi bashya kuzirinda amatiku ahubwo bagakorera hamwe.

Yabibukije ko inshingano yabo ya mbere ari ugusenyera umugozi umwe hagamijwe iterambere ry’umuturage.

feature-top
feature-top

Any message or comments?

pre-moderation

This forum is pre-moderated: your contribution will only appear after being validated by an admin.

Who are you?
Log in
Your post

To create paragraphs, just leave blank lines.

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

Iyandikishe ujye ubona Amakuru