Mutungirehe Samuel
Abayobozi 500 baherutse gutorerwa kujya mu Nama Njyanama na Nyobozi mu Turere twose wongeyeho na komite nyobozi ku rwego rw’intara n’Umujyi wa Kigali bahurijwe i Gishari mu karere ka Rwamagana mu Ishuri rya Polisi y’u Rwanda mu mwiherero mbere yo gutangira imirimo mishya ku batowe.
Aya mahugurwa aje nyuma y’umunsi umwe abayobozi bashya mu nzego z’ibanze barahiriye inshingano, muri manda y’imyaka itanu bagiye kuyobora.
Bagaragaye bose mu mpuzankano ya Polisi y’u Rwanda, bambaye n’agapfukamunwa mu rwego rwo kwirinda covod19, bicaye mu cyumba mberabyombi bakurikiye amahugurwa abagenewe abafasha gutyaza ubwenge mu kazi bagiyemo.
Ubwo yagiraga icyo atangaza nyuma y’uko za Njyanama na Nyobozi zose zabonaga abazijyamo, Minisitiri Gatabazi yasabye abayobozi bashya kuzirinda amatiku ahubwo bagakorera hamwe.
Yabibukije ko inshingano yabo ya mbere ari ugusenyera umugozi umwe hagamijwe iterambere ry’umuturage.















