Thursday . 5 March 2026

INKURU ZIGEZWEHO

  • 5 March » Iran yatangije ibitero byo ku butaka ku Ba Kurde bo muri Iraq – read more
  • 5 March » Rura yatangaje ibiciro bishya by’ibikomoka kuri Peteroli – read more
  • 5 March » Inama y’abaminisitiri yemeje ifungurwa ry’abarenga 1800 – read more
  • 4 March » Santa Kinyera wari wungirije muri Ambasade ya Uganda mu Rwanda yapfuye – read more
  • 4 March » Nyagatare: Barasaba ko igishanga cy’umuceri gitunganywa – read more

Bamwe mu bimukira barimo kwihisha birinda koherezwa mu Rwanda

Wednesday 11 May 2022
    Yasomwe na

Amakuru arimo guturuka mu Bwongereza ni uko abimukira bariyo barimo kwihisha birinda koherezwa mu Rwanda.

Ubwongereza n’u Rwanda baherutse gushyira umukono ku maseserano yo kujya Ubwongereza bubanza kohereza mu Rwanda abimukira n’impunzi bajya gushakirayo ubuhunzi n’amaramuko kuko muri icyo gihugu babayeyo benshi no mu rwego rwo gukumira icuruzwa ry’abantu ryakorerwaga mu bihugu bitandukanye cyangwa bamwe bakarohama
mu nyanja bagana ku mugabane w’Uburayi.

BBC yanditse ko hari ibirego bimaze kugezwa mu bucamanza bw’icyo gihugu birwanya uyu mugambi w’ibihugu byombi, ndetse bisa n’ibyakerereje ishyirwa mu bikorwa ryawo.

Croix Rouge na Refugee Council bivuga ko gutinya koherezwa byatumye bamwe mu basaba ubuhungiro bakora ibikorwa byo kwibabaza, kandi umwe yagerageje kwiyahura.

Imiryango myinshi ifasha yanenze leta y’Ubwongereza kugambirira kwikuraho inshingano zo gufasha abahahungiye.

Ibiro bya minisitiri w’ubutegetsi w’Ubwongereza i London bivuga ko bikora ibishoboka byose mu kurwanya kwibabaza no kwiyahura.

Ibi biro bivuga ko byizeye ko kohereza mu Rwanda abo bimukira batemewe n’amategeko bizaca intege abakora ubucuruzi bwo kwambutsa abantu.

Umunyamabanga mukuru wa ONU, Antonio Guterres, yanenze Ubwongereza guha umutwaro "igihugu gikennye kurushaho" no kwihunza inshingano ku mpunzi.

Leta y’u Rwanda ivuga ko yemeye aya masezerano nk’igikorwa cyo "gufasha gukemura ikibazo cyananiranye" cy’abimukira.

Hagati aho, kuwa mbere minisiteri y’ubutegetsi y’Ubwongereza yasohoye raporo ivuga ko bazi ko impunzi z’abatinganyi n’abandi b’amahitamo njyabitsina yihariye bashobora kugirirwa nabi mu Rwanda.

feature-top
feature-top

Any message or comments?

pre-moderation

This forum is pre-moderated: your contribution will only appear after being validated by an admin.

Who are you?
Log in
Your post

To create paragraphs, just leave blank lines.

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

Iyandikishe ujye ubona Amakuru