Intumwa yihariye y’umunyamabanga mukuru w’Umuryango w’Abibumbye (ONU) muri Repubulika ya Demokarasi ya Congo, Bintou Keita yavuze ko umutwe wa M23 ukura akayabo k’amadokari y’amerika angana na 300.000 ukura mu bucukuzi bw’amabuye y’agaciro mu birombe bya Rubaya, kiri mwe mu bice yigaruriye.
Yabitangaje kuri uyu wa mbere, i New York muri Leta Zunze Ubumwe za America ahari kubera Inteko y’Umuryango w’Abibumbye ku nshuro ya 79.
Bintou Keita yavuze ko gushinga imizi kw’ubutegetsi bwa M23 muri teritwari za Masisi na Rutshuru "byatumye ishobora kugenzura byuzuye umusaruro wa coltan" yaho.
Yavuze ko imitwe yitwaje intwaro mu burasirazuba bwa DR Congo yahindutse "abikorera bitwaje intwaro".
Yagize ati: "Ubucuruzi buva mu gace ka Rubaya, bugereranywa ko butanga ibirenga 15% by’umusaruro wa tantalum ku isi, buha uwo mutwe witwaje intwaro amadolari [y’Amerika] agereranywa ko agera ku 300,000 buri kwezi."
Ayo agera kuri miliyoni 400 ku kwezi uyavunje mu mafaranga y’u Rwanda.
Keita yongeyeho ati: "Ibi birahangayikishije cyane kandi bigomba guhagarikwa."
M23 yafashe Rubaya mu mpera ya Mata (4) uyu mwaka, nyuma y’imirwano ikaze n’ingabo za leta ya DR Congo.
Rubaya icukurwamo amabuye y’agaciro akoreshwa cyane mu gukora ibikoresho bya elegitronike (electronic), nka telefone zigezweho na mudasobwa.
DR Congo ni yo icukurwamo tantalum ya mbere nyinshi ku isi. Amerika n’Ubumwe bw’Uburayi biyifata nk’ibuye ry’agaciro ry’ingenzi cyane.





















