By Imfurayabo Pierre
Erling Braut Haaland niwe wafunguye amazamu ku ikipe ye ya Borussia Dortmund yatsinze mukeba wayo Schalke 04 mumukino wazihuzaga, uyu ni umwe mu mikino yabaye hasubukurwa Bundesliga yo mu Budage muri iki gihe cy’icyorezo coronavirus.
Umurindi w’abafana benshi umenyerewe kuri uyu mukino kuri stade izwi cyane Signal Iduna Park, uyu munsi ntawari uhari kuko uyu mukino – kimwe n’indi yabaye – wakinwe nta bafana bari kubibuga.
Gusa, abakunzi b’umupira w’amaguru ku isi amaso bari bayerekeje mu Budage nyuma y’amezi agera kuri abiri shampiyona zikomeye ku isi zihagaritse imikino kubera iki cyorezo cya coronavirus
Bundesliga niyo ya mbere muri shampiyona zikomeye mu Burayi isubukuye mbere y’izindi.
Kuri Signal Iduna Park stadium buri kintu kivuzwe cyane n’umukinnyi cyangwa umutoza cyarangiraga muri stade yambaye ubusa, ingamba zo kutegerana zubahirijwe mu basimbura, mu banyamakuru no mu kwishimira ibitego.
Uyu mukino warangiye Borussia Dortmund itsinze Schalke 04 ibitego bine ku busa (4-0).
Amabwiriza yo kutegerana yatumye abakinnyi ba Dortmund na Schalke 04 baza mu modoka zitandukanye, bakoresha ibyumba by’urwambariro byinshi kandi binjira mu kibuga baciye inzira zitandukanye.Uwufise ububasha kw’isanamu ReutersImage caption Hari hateguwe imipira 30 yabanje guterwa imiti isukura igaterekwa ahantu hateguwe iruhadne rw’ikibuga abakinnyi bakiereza aho kuyiherezwa nk’ibisanzwe
Abatoza n’abasimbura bari bambaye udupfukamunwa kandi batandukanyijwe n’intera ya metero ebyiri aho bicaye.
Imipira yakinwe imaze guterwa imiti, umukino watangijwe n’ifirimbi yumvikanye cyane ukomereza mu majwi y’abakinnyi n’abatoza bakunda kuvuga ‘bakabukira’ yarangiraga nka nyiramubande.
Umukino urangiye abakinnyi ba Dortmund ntibyababujije gukora igikorwa basanzwe bakora cyo kuramutsa no gushimira abafana – noneho badafatanye mu maboko nk’ibisanzwe – muri iyi stade ijyamo abantu 80,000 ariko yari yambaye ubusa.
Shampiyona zindi zikomeye iburayi nazo zishobora gusubukura vuba, ariko ntizizaba zimeze nk’uko byari mu mezi abiri ashize.Image caption Stade isanzwe ijyamo abantu 80 yari ‘yambaye ubusa’Uwufise ububasha kw’isanamu ReutersImage caption Bamwe mu banyamakuru bemerewe kwitabira uyu mukino, bose hamwe n’abakinnyi n’abafite akazi ku mukino kandi bari abandu bagera kuri 300 muri stade.Image caption Nubwo nta mufana wari kuri stade ntibyabujije abakinnyi gukora ibyo babamenyereje byo kubashimira





















