Tuesday . 3 March 2026

INKURU ZIGEZWEHO

  • 1 March » Gicumbi: Abarwanashyaka ba Green Party basabwe guhangana n’ibiyobyabwenge – read more
  • 24 February » Trump yahakanye inkuru ivuga ko umuyobozi mukuru w’igisirikare cya Amerika arwanya igitero kuri Irani – read more
  • 24 February » Umuhungu wa Robert Mugabe yarezwe icyaha cyo gushaka kwica – read more
  • 23 February » Ubumwe bw’Uburayi (EU) yatangaje ko itazemera izamurwa ry’imisoro ku bicuruzwa byoherezwa muri Amerika nyuma y’icyemezo cy’Urukiko rw’Ikirenga – read more
  • 23 February » Abantu babiri bishwe n’impanuka ku munsi wa mbere wa Tour du Rwanda – read more

Burera:Abaturage bakanguriwe kuboneza urubyaro, gusama inda bateguye, no ku byarira kwa muganga

Friday 12 October 2018
    Yasomwe na

Mu gusoza icyumweru cyahariwe ubuzima by’umwana n’umubyeyi, abatuye mu karere ka Burera, badashaka kuboneza urubyaro bagakomeza kubyara abana benshi badashoboye kurera, babwiwe ko ibyo bibongerera ibyago byabaviramo no kubura ubuzima kwa ababyeyi.

Minisitiri w’ubuzima, Dr. Diane Gashumba Kuri uyu wa gatanu tariki ya 12 ukwakira 2018, ababyeyi batuye aka karere, yabahaye ubukangurambaga bukomatanyije ku buzima cyane mu kuboneza urubyaro.

Bamwe mu babyeyi bari bitabiriye iki gikorwa, abana babo bahawe ikinini cya Vitamini A, n’iby’inzoka zo mu nda.

Ababyeyi bitabiriye iki gikorwa cyabereye mu murenge wa Cyanika bigishijwe kwibuka gukaraba intoki mbere na nyuma yo guha abana umwana ibere, banaha abana bakiri bato Amata, ibinini bya Vitamina A ndetse n’ibinini by’inzoka zo mu nda, ndetse no kuboneza urubyaro.

Agira ati “Iyo umubyeyi abyaye abana ashoboye kurera, ntabyare indahekana, akiha umwanya wo kuruhuka bituma aramba, yirinda impfu za hato na hato.”

Nyiramukiza Arver aganira n’ikinyamakuru mamaurwagasabo, avuga ko yashatse umugabo afite imyaka 14, maze agashakana n’umusore w’imyaka 16, none ubu afite abana 8,

Avuga ko yatereranywe na nyina umubyara kuko ngo batamuganirije ku buzima bw’imyororokere
Agira ati "Nashatse nkiri mutoya cyane, nshakana numusore tujya kungana, ariko icyanteye ibyo ni uko ntagize amahirwe yo kuganirizwa n’ababyeyi, ku buzima bw’imyororokere, none bu mfite aba 8, gusa nahisemo gufunga urubyaro burundu kugira ngo hatazagira undi mwana mbyara."

Nyiramukiza Arver, umubyeyi washatse umugabo afite imyaka 14.

Akomeza agira ati"Icyo nasaba ababyeyi ni uko baganiririza abana babo cyane abana babakobwa ku buzima bw’imyororokere hakiri kare, mu rwego rwo kwirinda ababashuka bityo bikabarinda kungwa mu bishuko nkibyo nahuye nabyo"
Guverineri w’Intara y’Amajyaruguru, Gatabazi Jean Marry Vianney, yabwiye abaturage ba aka karere ati “Tugomba kuboneza urubyaro dushaka ubuzima bwiza, ariko ntibigomba guhera mu magambo, bigomba gushyirwa mu bikorwa.”

Mibisitiri w’ubutegetsi by’igihugu, Kaboneka Francis ubwo bari mu gikorwa cyo kwigisha abanya Burera gukaraba intoki.

Igenzura ryakozwe mu 2015 ku mibereho y’abaturage mu Rwanda (DHS) riba rimwe mu myaka itanu, ryerekanye ko ababyeyi bapfa mu gihe cyo kubyara bageze kuri 210 ku bihumbi 100 mu 2015. Bivuze ko u Rwanda rusabwa kugabanya 10 ku bihumbi 100.

Minisitiri w’ubuzima, Dr. Diane Gashumba, yigisha abitabiriye iki gikorwa gukaraba intoki.

Minisante ivuga ko abanyarwanda bakoresha uburyo bugezweho bwo kuboneza urubyaro biyongereyeho 4% mu 2000, na 45% mu 2010 naho mu 2015 biyongerera 48%. Abakoresha ubwo aribwo bwose mu 2015 bari 53%., Mu Karere ka Burera ababoneje urubyaro ni 34%.

feature-top
feature-top

Any message or comments?

pre-moderation

This forum is pre-moderated: your contribution will only appear after being validated by an admin.

Who are you?
Log in
Your post

To create paragraphs, just leave blank lines.

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

Iyandikishe ujye ubona Amakuru