Tuesday . 3 March 2026

INKURU ZIGEZWEHO

  • 1 March » Gicumbi: Abarwanashyaka ba Green Party basabwe guhangana n’ibiyobyabwenge – read more
  • 24 February » Trump yahakanye inkuru ivuga ko umuyobozi mukuru w’igisirikare cya Amerika arwanya igitero kuri Irani – read more
  • 24 February » Umuhungu wa Robert Mugabe yarezwe icyaha cyo gushaka kwica – read more
  • 23 February » Ubumwe bw’Uburayi (EU) yatangaje ko itazemera izamurwa ry’imisoro ku bicuruzwa byoherezwa muri Amerika nyuma y’icyemezo cy’Urukiko rw’Ikirenga – read more
  • 23 February » Abantu babiri bishwe n’impanuka ku munsi wa mbere wa Tour du Rwanda – read more

Burera: Baratabiriza umuturage inzu igiye kugwaho

Tuesday 1 November 2022
    Yasomwe na

Mu karere ka Burera, umurenge wa Cyanika, mu kagari ka Kamanyana, umudugudu wa Ryabiteyi hari umuturage witwa Mukanoheli Beatrice ubarizwa mu cyiciro cya mbere cy’ubudehe usaba ko yakubakirwa inzu akava mu yenda kumugwaho.

Ni umugore uvuga ko umugabo we yamusize, akamutana abana batanu, kuri ubu babiri muri bo barashatse asigarana batatu.

Avuga ko ashoboye guca inshuro ariko kwiyubakira inzu atabibasha, kuko ntabushobozi afite.

Mu kiganiro yagiranye n’umunyamakuru wa Mamaurwagasabo, Mukanoheli yavuze ko basa n’abarara hanze mu gihe abayobozi b’inzego z’ibanze zijya ziza kumufotora ngo bazamufasha ariko amaso yaheze mu kirere.

Yagize ati :"Umugabo wanjye yaransize ajya muri Uganda, ansigira abana batanu ariko ubu murabona ko iyi nzu turimo idashimishije, turara tugerekeranye, mbese urabona ko uri hanze uba ureba mu nzu. Ndasaba leta ubufasha."

Aha ni mu cyumba Mukanoheli n’abana be bararamo

Mukanoheli akomeza avuga ko leta yagerageje kumuha itungo rigufi kugira ngo yiteze imbere ariko bitewe n’inzu abamo ngo arara afite ubwoba ko ibisimba byazarirya.

Aha no mu nzitiramibu araramo

Ku ruhande rw’abaturanyi be bavuga nabo bahangayikishijwe n’imibereho y’uyu muturage.

Uwitwa Nyiramirimo yagize ati: "Iyo imvura iguye twe tugira ngo inzu iramugwaho, mbese arababaje, akwiye gufashwa akava muri iki kibuti cy’inzu. Umuganda twasabwa twawutanga akarara heza."

Umunyamabanga nshingwabikorwa w’umurenge wa Cyanika Concorde Hatumimana yavuze ko agiye gukurikirana ikibazo cy’uyu muturage ku buryo mu minsi mike kizaba cyakemutse.

Yagize ati: "Ngiye kureba muri data (amakuru) muri mashine, uyu muturage wasanga nawe tumufite ku rutonde rw’abantu dufite bagomba kubakirwa, ndakurikirana ikibazo cye, mu minsi mike kizaba cyakemutse."

Haribazwa impamvu ibibazo by’aturage bikemurwa ari uko abanje kuvugwa mu itangazamakuru, mu gihe umukuru w’Igihugu asaba abayobozi kenshi gushyira umuturage ku isonga.

feature-top
feature-top

Any message or comments?

pre-moderation

This forum is pre-moderated: your contribution will only appear after being validated by an admin.

Who are you?
Log in
Your post

To create paragraphs, just leave blank lines.

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

Iyandikishe ujye ubona Amakuru