Kuva aho intambara Uburusiya bwashoje kuri Ukraine yatangiriye, ingaruka ku izamuka ry’ibiciro ku bintu bitandukanye ku isi zagiye zigaragaza cyane izituruka ku bikiresho by’ibanze byaturukaga muri ibyo bihugu bibiri birimo n’ingano bizwiho kohereza mu mahanga ku bwinshi.
Kubura kw’ifarini kwageze i Kinshasa muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo bituma abafite amafuru y’imigati bahitamo kugabanya amagarama y’umugati mu gihe kandi igiciro cyo kitagabanutse.
Bamwe mu baturage muri uyu murwa Mukuru batangiye kwibaza akarengane bari kugirirwa, ko kutagabanya n’igiciro umugati waguraga mu gihe hagabanyijwe ingano y’umugati mu magarama.
Blanchard Mayemba, umwe mu bafite inzu zikora imigati yavuze ko yahisemo kugabanya amagarama y’umugati kuko ifarini yazamuye igiciro kandi abona atakongeza igiciro cy’umugati.
Amakuru ava muri Minisiteri y’Ubucuruzi muri Congo DRC avuga ko nayo yabonye abacuruzi barazamuye ibiciro by’ifarini.
Intambara y’Uburusiya kuri Ukraine, ishobora kugira ingaruka zihuse ku batumiza ingano muri Ukraine n’Uburusiya gusa abasesenguzi mu by’ubukungu bakavuga ko bitakabaye bigaragara byihuse nk’uko birimo kugaragara ubu, bamwe bagashinja abaranguza ko buririye kuri iyo ntambara bakanga kurekura ibyo baranguye kugira ngo ibiri ku isoko bishire bihende umuguzi kubona ibyo badepye.















