Thursday . 16 July 2026

INKURU ZIGEZWEHO

  • 16 July » Lioner Messi yageze ku mukino wa nyuma w’Igikombe cy’Isi cya 2026 – read more
  • 14 July » France na Espagne ziracakirana mu mukino wa 1/2 cy’Igikombe cy’Isi 2026: Mbappé na Yamal bahanganiye itike yerekeza ku mukino wa nyuma – read more
  • 13 July » Lamine Yamal yujuje imyaka 19: Umwana w’igitangaza ukomeje kwandika amateka muri ruhago y’Isi – read more
  • 13 July » BK Pro League Awards 2026: Abakinnyi babaye intyoza bashimiwe ku mugaragaro – read more
  • 9 July » Morocco irashaka kwihimura kuri France mu mukino w’ishiraniro wa 1/4 cy’Igikombe cy’Isi 2026 – read more

Congo yashinje u Rwanda Drones zatashye Goma

Saturday 17 February 2024
    Yasomwe na

Igisirikare cya Congo kiravuga ko drone z’ingabo z’u Rwanda ari zo zarashe ku ndege za gisivile ku kibuga cy’indege cya Goma.

Mu gitondo cyo kuri uyu wa Gatandatu nibwo habyutse amakuru ko ku kibuga cy’indege cya Goma haraye harashwe ibisasu bibiri binini byangiza indege zirimo na CH-4 imaze iminsi ikoreshwa mu kurwanya umutwe wa M23.

Umuvugizi w’Igisirikare cya Congo, mu ntara ya Kivu y’Amajyaruguru, Gen Ndjiko Kaiko, yemeje ko ndege nto z’intambara zitarimo umupilote (drone) z’ingabo z’u Rwanda (RDF) zateye ku butaka bwayo, zikangiza indege za gisivile.

Mu butumwa bwa videwo ku rubuga X, Liyetona Koloneli Guillaume Ndjike Kaiko, umuvugizi w’ingabo za DR Congo (FARDC) mu ntara ya Kivu ya Ruguru, yavuze ko izo drone za RDF zateye mu ijoro ryo ku wa gatanu rishyira kuri uyu wa gatandatu.

Ati: "Saa munani za mu gitondo [2h] ku isaha ya hano, drone njya rugamba z’ingabo z’u Rwanda, byumvikana ko zavuye ku butaka bw’u Rwanda, zarenze ku mipaka ya Repubulika ya Demokarasi ya Congo."

Nta cyo RDF yari yatangaza ku mugaragaro kuri ibi birego bishya bya DR Congo, gusa igihe cyose u Rwanda rwavuze ko nta ruhare rufite mu birimo kubera muri Congo, rusobanura ko rutari inyuma ya M23 nk’uko Congo ihora ibirushinja.

Lt Col Kaiko yavuze ko izo drone z’u Rwanda "zagambiriye kurasa ku ndege z’ingabo za Repubulika ya Demokarasi ya Congo, hashingiwe, birumvikana, ku nzira zakurikiwe n’ibisasu by’izo drone".

Yongeyeho ko indege za FARDC "ntizagezweho" n’ibisasu by’izo drone, "ahubwo ni indege za gisivile, zitagezweho gusa [n’ibisasu], ahubwo zanangiritse".

Ariko Radio Okapi y’Umuryango w’Abibumbye ikorera muri DR Congo yasubiyemo amagambo y’abayihaye amakuru bavuga ko indege ya Sukhoi Su-25 ya FARDC yangijwe ibaba n’igisasu ku kibuga mpuzamahanga cy’indege cya Goma. BBC Gahuzamiryango ntiyashoboye kubigenzura mu buryo bwigenga.

feature-top
feature-top

Any message or comments?

pre-moderation

This forum is pre-moderated: your contribution will only appear after being validated by an admin.

Who are you?
Log in
Your post

To create paragraphs, just leave blank lines.

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

Iyandikishe ujye ubona Amakuru