Mu rukerera rwo mu gitondo cyo kuri uyu wa mbere, mu kagari ka Gikombe, mu Murenge wa Rubavu inzego zishinzwe umutekano, zarashe zirica umuntu w’umusirikare wo muri RDC muri batatu bari binjiye mu Rwanda mu buryo bunyuranyije n’amategeko.
Igisirikare cy’u Rwanda cyemeje ko uwarashwe yari kumwe n’abandi babiri, kandi bitwaje ibikoresho bya gisirikare birimo, imbunda, amsasu n’imyenda.
Uwarashwe, RDF ivuga ko yari ashatse kurwanya inzego z’umutekano akarasa ku bashinzwe umutekano nubwo ntawe yakomerekeje ku ruhande rw’u Rwanda.
Bamwe mu baturage batashatse kwivuga amazina yabo, badutangarije ko bumvishe amasasu mu rukerera rwo kuri uyu wa mbere.
Umwe ati" Numvishe abantu bari kugenda mu muhanda, bari kuvuga ngo abacengezi batugezemo ntitwabimenya, ariko twebwe twari tuziko ari abuzukuru nibo tumenyereye muri uyu muhanda, ntabwo nabyutse kuko nziko uyu muhanda ubamo abuzukuru benshi, narinziko ari abuzukuru rero.
Undi nawe ati" Byabaye saa kumi n’imwe n’iminota ine, njyewe njya hanze ariko mfite ubwoba bwinshi, numva nta mukomo, ariko abaturage hano hanze bari batangiye kugenda, barikuvuga, harimo abagore n’abagabo, ntawundi mukomo numvishe wabaye’’.
Byageze kuri uyu wa Gatatu igisirikare cya Congo kivuze kuri abo basirikare bacyo, cyemera ko ari abacyo ariko kivuga ko bisanze ku butaka bw’u Rwanda gusa ngo cyababajwe nuko umwe muri bo yishwe.


















