Amakuru ari guturuka i Kampala muri Uganda atavuga ko hateraniye Inama y’abahagarariye iruhande rwa Leta ya Congo (DRCONGO) n’urw’Umutwe wa M23 uhanganye nayo, mu kuganira uko bashyira iherezo ku ntambara mu karere k’Iburasirazuba bwa Congo kamazemo Igihe umutekano muke.
Ni ibiganiro biyobowe n’uwahawe na mbere inshingano z’ubuhuza ari we Uhuru Kenyatta, wabaye Perezida wa Kenya na Perezida Museveni wa Uganda nk’impuguke y’ibibera mu karere k’ibiyaga bigari.
Ku ruhande rw’Ihuriro rya Alliance Fleuve Congo (AFC) M23 ibarizwamo hitabiriye Rene Abandi, Lawrence Kanyuka, Yannick Kisola na Col Imani Nzenze.
Urebye Ku ruhushya rw’umukozi wa Leta, (ordre de mission, ku ruhande rwa Leta ya Kinshasa, visi premier Minisitiri akaba na Minisiteri w’Ingabo, Me Guy Kabombo Muadiamvita yohereje Le Professeur Abbe Bahala Okw’Ibala Jean Bosco akaba Cordinateuer National du PDDRC-S.
Ni Inama yatangiye tariki ya 18 Nyakanga ikazasozwa tariki ya 23, 2024.
Inama nk’izi z’ikubagahu ku kibazo cya Congo si ubwa mbere ziteranye, ariko zagiye zisa n’izikubita igihwereye kuko nta gushyira mu bikorwa ibikubiye mu myanzuro yabaga yafashwe ku mpande zabaga ziyicayemo.
Kuva abasuzumye ikibazo cya Congo bose baratangiye kujya bahuriza ku kugira Inama Perezida Tshisekedi Chilombo ko yakemera kwicarana na M23 bakaganira ku cyo bapfa, uyu mutegetsi wo hejuru muri Congo yamye aberurira ko adateze na rimwe kwicarana n’abo yise Abaterabwoba ahubwo azakoresha imbaraga ze zose akikemurira ikibazo.




















