Thursday . 12 March 2026

INKURU ZIGEZWEHO

  • 12 March » Inkangu zahitanye abantu 60 muri Ethiopia – read more
  • 11 March » U Rwanda rwitabiriye PISA 2025 mu rwego rwo kunoza ireme ry’uburezi, ntabwo ari amarushanwa – read more
  • 11 March » M23 yemeje ko FARDC yarashe muri Goma – read more
  • 10 March » Ibiciro byazamutseho 9.2 muri Gashyantare – read more
  • 10 March » Iran yongeye kugaba ibitero mu kigobe cy’abapersi – read more

DRCongo: Umuyobozi wa Gereza ya Makala ari guhigishwa uruhindu

Thursday 5 September 2024
    Yasomwe na

Umuyobozi wa Gereza ya Makala muri Repubulika iharanira Demokarasi ya Congo (DRCONGO), Joseph Yusufu Maliki ari gushakishwa uruhindu nyuma yo kwirukanwa agahita aburirwa irengero.

Iyo Gereza nkuru niyo iherutse kuberamo gutoroka kw’imfungwa hakaraswa benshi bagapfamo abagera kuri 129 abandi bagakomereka bari gushaka gutoroka.

Amakuru agera ku kinyamakuru Jeune Afrique, dushesha iyi nkuru, avuga ko Umuyobozi wa Gereza ya Makala yirukanywe nyuma y’iminsi itatu uko gutoroka kubayeho.

Uyu muyobozi ashinjwa na sosiyete sivile yo muri Congo ko yarebereye ikibazo cy’imfungwa kugera ku Rwego rwo gutoroka cyane ko Gereza yari igenewe gufungirwamo abatarenze 1500 gusa ariko yari irimo inshuro zikubye kugera hafi 10, ni ukuvuga ibihumbi 12.000 by’imfungwa.

Amashusho ateye ubwoba agaragaza imirambo myinshi irimo n’iyambaye ubusa, yagaragaye ku mbuga nkoranyambaga nyuma y’uko ku wa mbere leta yari yavuze ko abantu babiri bapfuye mu gikorwa cyo kugerageza gucika gereza ya Makala y’i Kinshasa muri DR Congo.

Ubucukike muri Gereza ya Makala butuma imfungwa zibaho nabi cyane

feature-top
feature-top

Any message or comments?

pre-moderation

This forum is pre-moderated: your contribution will only appear after being validated by an admin.

Who are you?
Log in
Your post

To create paragraphs, just leave blank lines.

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

Iyandikishe ujye ubona Amakuru