Tuesday . 1 July 2025

INKURU ZIGEZWEHO

  • 30 June » Niki twakwitega ku iserukiramucogurisha ryitezwe mu turere dutanu? – read more
  • 26 June » Rubavu: Ababyeyi barasabwa kugira uruhare mu ku rwanya imirire mibi y’abana – read more
  • 24 June » Nyuma yaho shampiyona yarangiye tutagiye mu Cyiciro cya kabiri twabonye isomo-Meya Nsengimana – read more
  • 23 June » Hari abakobwa benshi cyane aha ngaha bahabonera abagabo - umwe usengera ahiswe ku Iriba rya Yakobo muri Nyundo – read more
  • 23 June » Umuzamu w’umunyarwanda agiye gukina hanze y’umugabane w’Afurika – read more

Depite Barikana Eugene yafungiwe gutunga imbunda zitaramenyekana ubwoko n’umubare

Tuesday 14 May 2024
    Yasomwe na

Hon. Depite Barikana Eugene, wari umudepite mu Nteko Ishinga amategeko y’u Rwanda, yatawe muri yombi n’Urwego rushinzwe iperereza RIB nyuma yuko rusanze atunze imbunda mu buryo atazemerewe n’amategeko.

Iyi ntumwa ya rubanda yatawe muri yombi kuri uyu wa mbere, tariki ya 13 Gicurasi 2024, nk’uko byemejwe n’umuvugizi wa RIB, Dr. Murangiza Thierry.

RIB yavuze ko ubwo Hon. Barikana yabazwaga uko yatunze izo ntwaro, yavuze ko yazitunze akibana n’abasirikare ariko akibagirwa kuzisubiza.

Kugeza ubu Depite Barikana afungiye kuri Sitasiyo ya RIB ya Remera mu gihe iperereza rikomeje ngo hagaragazwe uburyo yazibonyemo n’impamvu yari azitunze atabyemerewe n’amategeko kandi ayo mategeko ayazi neza kurusha undi muturage.

RIB yatangaje ko "yibutsa abaturarwanda ko gutunga intwaro bifite amategeko abigenga ko kandi unyuranyije nayo uwo ari we wese aba akoze icyaha ndetse akurikiranwa nk’uko amategeko ahana mu Rwanda abiteganya."

Hon. Barikana Eugene yatawe muri yombi amaze kwegura ku mwanya wo kuba intumwa ya Rubanda kubera ubudahangarwa yahabwaga n’amategeko nk’intumwa ya Rubanda.

Nubwo RIB yatangaje ko yabaye imutaye muri yombi ariko ntiyigeze itangaza umubare w’imbunda yari atunze cyangwa ubwoko bwazo.

Ntiharamenyekana kandi niba Hon. Barikana Eugene yarigeze kuba mu nzego z’umutekano izo ari zo zose ku buryo byamwemereraga gutunga izo mbunda yafatanywe, we avuga ko atibutse kuzisubiza leta.

feature-top
feature-top

Any message or comments?

pre-moderation

This forum is moderated before publication: your contribution will only appear after being validated by an administrator.

Who are you?
Your post

To create paragraphs, just leave blank lines.

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

Iyandikishe ujye ubona Amakuru