Nyuma y’igihe uwari Vice-Meya w’Akarere ka Musanze yemeye agatera intambwe akegura kubera kwinenga ko atakumiriye umuhango wo Kwimika ’Umutware w’Abakono’ wanenzweho gucamo ibice Abanyarwanda, abandi bayobozi batandukanye muri iyo ntara bakuwe mu mirimo.
Itangazo risohowe n’Umukuru wa Guverinoma, Minisitiri w’Intebe mu ijroro rya tariki ya 08/08/2023 rigaragasa ko abayobozi bo mu turere twa Musanze, Gakenke na Burera ndestse n’umunyamabanga nshingwabikorwa w’Intara y’Amajyaruguru bakuwe ku mirimo kubera kutuzuza inshingano zirimo no kwita ku bumwe bw’Abanyarwanda.
Ni itangazo risize Ramuli Janvier wari Meya w’Akarere ka Musanze, Nizeyimana Jean Marie Vianney wayoboraga aka Gakenke na Uwanyirigira Marie Chantal wari Umuyobozi w’Akarere ka Burera birukanwe ku myanya yabo.
Risize kandi Mushayija Geoffrey, wari Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Intara, asimburwa na Nzabonimpa Emmanuel nk’Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Intara w’agateganyo.
Nzabonimpa
Ntibiramenyekana niba abo birukanywe n’abandi bakoraga mu biro by’uturere bari bayoboye bari bafite aho bahuriye n’umuhango wo kwimika umutware w’Abakono wamaganiwe kure n’Umuryango RPF Inkotanyi uri ku butegetsi.
Itangazo rivuga ko ari icyemezo gishingiye ku isesengura ryakozwe rikagaragaza ko aba bayobozi ‘batashoboye kuzuza inshingano zabo cyane gusigasira ubumwe bw’Abanyarwanda nka rimwe mu mahame remezo Leta y’u Rwanda yiyemeje kugenderaho.
Mu Karere ka Musanze Bizimana Hamiss yasimbuye Ramulijanvier, undi wirukanywe ni Kamanzi Axelle wari Umuyobozi w’Akarere wungirije ushinzwe Imibereho myiza y’Abaturage, na Twagirimana Innocent wari Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Kinigi na Musabyimana François wari Umuyobozi ushinzwe Ubutegetsi n’Abakozi mu karere.
Niyonsenga Aimé Francois wari Visi meya ushinzwe iterambere ry’ubukungu mu karere ka Gakenke niwe wagizwe umuyobozi w’Akarere asimbuye Nizeyimana Jean Marie Vianney wirukanywe.
Uwirukanwe
Mu karere ka Gakenke Nsanzabandi Rushemeza Charles, wari Umuyobozi Mukuru w’Imirimo Rusange, Kalisa Ngirumpatse Justin, wari Umuyobozi ushinzwe Ubutegetsi n’Abakozi na Museveni Songa Rusakuza, wari ushinzwe gutanga Amasoko, aba bose birukanywe mu myanya.
Nshimiyimana Jean Baptiste niwe wagizwe umuyobozi w’Akarere ka Burera w’agateganyo,asimbuye Uwanyirigira Marie Chantal.
Yanditswe na Mutungirehe Samuel na Ndayambaje Jean Claude





















