Ubushinjacyaha bwasabye Urukiko Rwisumbuye rwa Gasabo guhamya Nsabimana Jean uzwi nka Dubai guhamwa n’ibyaha bumukurikiranyeho agafungwa imyaka 7 n’ihazabu ya miliyoni 3.
Uyu mushiramaro niwe wubatse Umudugudu w’Urukumbuzi, mu karere ka Gasabo, nyuma y’imyaka igera ku 10 (mu 2023) haboneka inzu zimwe zagaragaje ko zubatswe mu buryo bwiswe ko busondetse hatangirwa iperereza Bata muri yombi abayobozi barimo Rwamurangwa Stephen na Mberabahizi Raymond Chretien na Nyirabihogo Jeanne nk’abahoze bayoboye ako karere mu gihe izo nzu zubakwaga.
Dubai akurikiranweho ibyaha byo gukoresha inyandiko mpimbano n’icyo kwihesha ikintu cy’undi hakoreshejwe uburiganya.
Mu iburanisha ryo kuri uyu wa Gatanu, tariki ya 22 Ukuboza, ubushinjacyaha bwasabye kandi ko Rwamulangwa Stephen, Mberabahizi Raymond na Nyirabihogo Jeanne d’Arc bahamwa n’icyaha cyo kuba icyitso ku cyaha cyo kwihesha ikintu cy’undi hakoreshejwe uburiganya bagahanishwa igihano cy’igifungo cy’imyaka itatu n’ihazabu ya miliyoni 5 Frw.
Ni mu gihe Nkulikiyimfura Théopiste uregerwa gukorana na Dubai inyandiko mpimbano na we yasabiwe igifungo cy’imyaka irindwi n’ihazabu ya miliyoni 3 Frw ku cyaha cyo gukoresha inyandiko mpimbano.



















