Tuesday . 3 March 2026

INKURU ZIGEZWEHO

  • 1 March » Gicumbi: Abarwanashyaka ba Green Party basabwe guhangana n’ibiyobyabwenge – read more
  • 24 February » Trump yahakanye inkuru ivuga ko umuyobozi mukuru w’igisirikare cya Amerika arwanya igitero kuri Irani – read more
  • 24 February » Umuhungu wa Robert Mugabe yarezwe icyaha cyo gushaka kwica – read more
  • 23 February » Ubumwe bw’Uburayi (EU) yatangaje ko itazemera izamurwa ry’imisoro ku bicuruzwa byoherezwa muri Amerika nyuma y’icyemezo cy’Urukiko rw’Ikirenga – read more
  • 23 February » Abantu babiri bishwe n’impanuka ku munsi wa mbere wa Tour du Rwanda – read more

Dubai n’abo bareganwa basabiwe igifungo

Friday 22 December 2023
    Yasomwe na

Ubushinjacyaha bwasabye Urukiko Rwisumbuye rwa Gasabo guhamya Nsabimana Jean uzwi nka Dubai guhamwa n’ibyaha bumukurikiranyeho agafungwa imyaka 7 n’ihazabu ya miliyoni 3.

Uyu mushiramaro niwe wubatse Umudugudu w’Urukumbuzi, mu karere ka Gasabo, nyuma y’imyaka igera ku 10 (mu 2023) haboneka inzu zimwe zagaragaje ko zubatswe mu buryo bwiswe ko busondetse hatangirwa iperereza Bata muri yombi abayobozi barimo Rwamurangwa Stephen na Mberabahizi Raymond Chretien na Nyirabihogo Jeanne nk’abahoze bayoboye ako karere mu gihe izo nzu zubakwaga.

Dubai akurikiranweho ibyaha byo gukoresha inyandiko mpimbano n’icyo kwihesha ikintu cy’undi hakoreshejwe uburiganya.

Mu iburanisha ryo kuri uyu wa Gatanu, tariki ya 22 Ukuboza, ubushinjacyaha bwasabye kandi ko Rwamulangwa Stephen, Mberabahizi Raymond na Nyirabihogo Jeanne d’Arc bahamwa n’icyaha cyo kuba icyitso ku cyaha cyo kwihesha ikintu cy’undi hakoreshejwe uburiganya bagahanishwa igihano cy’igifungo cy’imyaka itatu n’ihazabu ya miliyoni 5 Frw.

Ni mu gihe Nkulikiyimfura Théopiste uregerwa gukorana na Dubai inyandiko mpimbano na we yasabiwe igifungo cy’imyaka irindwi n’ihazabu ya miliyoni 3 Frw ku cyaha cyo gukoresha inyandiko mpimbano.

feature-top
feature-top

Any message or comments?

pre-moderation

This forum is pre-moderated: your contribution will only appear after being validated by an admin.

Who are you?
Log in
Your post

To create paragraphs, just leave blank lines.

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

Iyandikishe ujye ubona Amakuru