Inama yaraye ihuje Abakuru b’Ibihugu bigize umuryango w’Afurika y’iburasirazuba (EAC) n’iy’Amajyepfo (SADC) kuri video Conference, yavuguruye urutonde rw’abahuza mu kibazo cya Repubulika ya Dekomarasi ya Congo (RDC) n’u Rwanda, bava kuri batatu ba mbere bagera kuri batanu ndetse bavamo umwe.
Abahuza bemejwe ni Uhuru Kenyatta wabaye Perezida wa Kenya, Olusegun Obasanjo wayoboye Nigeria, Kgalema Motlanthe wabaye Perezida wa Afurika y’Epfo, Catherine Samba Panza wayoboye Centrafrique na Sahle-Work Zewde wabaye Perezida wa Ethiopia. Mu bari basanzwe muri izi nshingano bari batarabyaza umusaruro ni uwahoze ari Minisitiri w’intebe wa Ethiopia, Hailemariam Desalegn Boshe.
Aba bahuza bemerejwe mu Nama yahuje Abakuru b’Ibihugu bya EAC na SADC yateranye hifashishijwe ikoranabuhanga ku wa Mbere, tariki ya 24 Werurwe 2025.
Ni inama ya kabiri yahuje aba bayobozi barimo Perezida w’u Rwanda, Paul Kagame na Perezida wa RDC, Antoine Felix Tshisekedi.
Iyi nama yari iyobowe na Perezida wa Kenya akaba n’Umuyobozi Mukuru wa EAC, William Ruto na Perezida wa Zimbabwe akaba n’Umuyobozi wa SADC, Emmerson Mnangagwa.
Yari igamije kurebera hamwe aho ibihugu bigeze bishyira mu bikorwa imyanzuro yemejwe mu nama iheruka igendanye no gushakira umuti ikibazo cy’umutekano muke mu Burasirazuba bwa RDC.



















