Yanditswe na Jean claude Ndayambaje
Maniragaba Samuel wo mu karere ka Gakenke , mu murenge wa Rusasa , Akagari ka Gataba, avuga ko yanduye COVID-19 mbere yari azi ko ifata abazungu gusa n’abanyamujyi bafite uko babayeho mu buzima bwiza.
Mu buhamya bukomeye Maniragaba yahaye mamaurwagasabo, yavuze ko mbere coronavirusi yumvaga ko ifata abazungu gusa umwirabura itamuhangara kugeza ubwo ayirwaye mu buryo atazi kuko n’ingamba zo kwirinda yazikerensaga.
Yagize ati "Mu byukuri twumvaga Covid-19, tukayumvaga gutyo ko ari iyabazungu cyangwa abantu bakomeye. Ariko sinzi uko byaje, byatangiye numva ndimo gukorora, kumira ibyo kurya bikanga, nshika intege cyane ko mbere bavugaga ko nta muti cyangwa urukingo."
Yakomeje kubabara gutyo ageraho ava ku kejo ajya kwa muganga birangira bamupimyemo coronavirusi atangira gusabwa kwitwararika kugira ngo atanduza abandi.
Akomeza agira ati "Bamaze kumbwira ko mfite icyorezo cya Covid-19 bahita bantegeka kuguma mu nzu sinjye negerana n’abantu; ubwo nkomeza kuba mu kato. Hanyuma baje kongera kunsuzuma kuko muri karitsiye mbamo twageraga muri batandatu, njye nakomeje kurwara ndaremba hafi yo kujyanwa kwa muganga, gusa abajyanama b’ubuzima bakajya baza kundeba bimfutse ku buryo nabo babaga birinze ngo nabanduza ."
Akomeza agira ati "Nyuma y’ibyumweru bitatu bagarutse kunsuzuma mu rugo bambwira ko Covid-19 igenda igabanuka gusa bampa amabwiriza yo kudasohoka mu nzu, nubwo njye numvaga natangiye kugarura imbaraga, mu byukuri nari nkumbuye kugera ku muhanda. Ubwo ku nshuro ya gatatu bagarutse kunsuzuma basanga narakize."
Kuri we ngo gukira byatumye ahita ahindura imyumvire yari afite ku bantu bakize covid-19.
Ati "Ikindi nari mfite ya myumvire ko uwanduye Covid-19 itongera kumuhangara, gusa abaganga bambwiye ko ngomba gukomeza kwirinda bikomeye kuko ishobora kongera kwinjira mu mubiri, mpera ko mfata ingamba zo kwirinda iki cyorezo.
Maniragaba Samuel agira inama abagifite imyumvire ko Covid-19 itaziye abazungu ahubwo buri wese ko yayandura.















