Tuesday . 3 March 2026

INKURU ZIGEZWEHO

  • 3 March » ISRAEL YEMEJE IBITERO MURI LIBAN NA IRAN ICYARIMWE – read more
  • 1 March » Gicumbi: Abarwanashyaka ba Green Party basabwe guhangana n’ibiyobyabwenge – read more
  • 24 February » Trump yahakanye inkuru ivuga ko umuyobozi mukuru w’igisirikare cya Amerika arwanya igitero kuri Irani – read more
  • 24 February » Umuhungu wa Robert Mugabe yarezwe icyaha cyo gushaka kwica – read more
  • 23 February » Ubumwe bw’Uburayi (EU) yatangaje ko itazemera izamurwa ry’imisoro ku bicuruzwa byoherezwa muri Amerika nyuma y’icyemezo cy’Urukiko rw’Ikirenga – read more

Gicumbi: Barasaba ko isoko ryavugururwa bagaca ukubiri no kunyagirwa

Monday 3 July 2023
    Yasomwe na

Yanditswe na Ndayambaje Jean Claude

Abacuruza n’Abarema isoko rya kijyambere rya Gicumbi mu karere ka Gicumbi baravuga ko bahangayikishijwe n’uburyo banyagirwa kubera imireko y’iri soko yashaje ntisimbuzwe.

Aba umunyamakuru wa mamaurwagasabo yageraga mu isoko riri rwagati mu mujyi wa Gicumbi, yumvise abarirema basaba ko ubuyobozi bwabubakira iri soko kugira ngo bajye bacuruza bafite umutuzo.

Bamwe mu bacuruzi twaganiye banze ko dutangaza amazina yabo, umwe tumuhaye izina rya Eric yagize ati: "Turasaba ko badukiza iyi mvura, iyo imvura iguye turanyagirwa, abacuruzi b’imyenda tubura aho duhisha imyenda, uwakugeza hano imvura yaguye wakumirwa; imireko yarashaje hano hose hajya huzura amazi bikadutera ikibazo gikomeye."

Undi twasanze arimo gucuruza ibiribwa aragira ati: "Iri soko riratura (rirava) cyane mu gihe cy’imvura, uyu mureko wose uri kureba warashize, tugira igihombo kubera imvura iba yabinyagiye, turasaba ko badusanira isoko bakarishyiramo amarigori ku buryo amazi atajya amanukira mu bicuruzwa byacu."

Aba bacuruzi bakomeza bavuga ko iri soko rya Gicumbi baryubatse nabi bakaba batarigeze bariha rigori zijyana amazi ndetse usibye kuba riva cyane bamwe usanga batanditse ibicuruzwa byabo hasi, cyane abacuruza inkweto,

Umuyobozi w’iri soko, Iradukunda Dieudonné yavuze ko iki kibazo bakigejeje ku buyobozi bw’Akarere, bubizeza ko mu gihe cya vuba bizakorwa.

Agira ati: "Nibyo imireko amazi aruzura rikava gusa ubuyobozi bw’Akarere buzi iki kibazo, twabagejeje hano batwizeza ko mu minsi ya vuba bizakemuka, sinzi ngo niryari bizakorwa ariko batubwiye ko bazaza kubikoraho, kandi twizeye ko bizakorwa kubera ko babyizeho, ubu wenda baracyashaka inyigo yabyo."

Twifuje kumenya icyo ubuyobozi bw’Akarere ka Gicumbi buvuga kuri iki kibazo kibangamiye abaturage, maze umuyobozi w’Akarere wungirije ushinzwe Iterambere ry’ubukungu, Uwera Parfaite, tumubwira ikibazo hanyuma amaze kudutega amatwi atubwira ko aza kuduhamagara nyuma asoje ibindi bikorwa yarimo.

Gusa kugeza ubwo twakoraga inkuru uyu muyobozi ntacyo yigeze adutangariza kuri iyi nkuru.

Akarere ka Gicumbi, ni kamwe mu turere 5 tugize intara y’Amajyaruguru, benshi mu baturage baho ubukungu bwabo ahanini bushingiye ku buhinzi n’ubworozi kuko bafite ubutaka bwera.

feature-top
feature-top

Any message or comments?

pre-moderation

This forum is pre-moderated: your contribution will only appear after being validated by an admin.

Who are you?
Log in
Your post

To create paragraphs, just leave blank lines.

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

Iyandikishe ujye ubona Amakuru