Mu gitondo cyo kuri uyu wa Mbere, mu bice bitandukanye mu mujyi wa Goma, muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo hakozwe imyigaragambyo, batwika idarapo rya Leta zunze ubumwe za America.
Ni imyigaragambyo yari yiganjemo urubyiruko, bagendaga mu bice bitandukanye by’umujyi wa Goma, umubare munini muri bo bari kundera kuri za moto, banavuza amahoni menshi, ibyapa biriho amagambo atanga Ubutumwa butandukanye ko Isi itari guha amaso ibibera mu burasirazuba bwa Congo.
Aba bigaragambya mu byo bamaganaga, harimo icyo bita guceceke k’umuryango mpuzamahanga ku bwicanyi bukomeje muri kino gihugu, ndetse no gushyigikira ingabo zabo ku rugamba zikomeje guhanganamo na M23.
Muri iyi myigaragambyo kandi, abasore bari muri bano bigaragambya, batwitse ibendera rya America, USA, nyuma y’icyo bita uburyarya bwabo mu kibazo cy’umutekano ukomeje kuzamba muri kino gihugu, by’umwihariko mu ntara ya Kivu ya Ruguru.
Ibendera ry’iki gihugu, kandi ryaherukaga gutwikirwa i Kinshasa, mu yindi myigaragambyo iheruka kuhabera.
Ibi bibaye mu gihe intambara ikomeje, hagati ya FARDC hamwe n’abari kuyifasha bahanganye n’umutwe w’inyeshyamba wa M23, ikomeje mu ntara ya Kivu ya Ruguru.
Mahirwe Eulade


















