Thursday . 5 March 2026

INKURU ZIGEZWEHO

  • 5 March » Rura yatangaje ibiciro bishya by’ibikomoka kuri Peteroli – read more
  • 5 March » Inama y’abaminisitiri yemeje ifungurwa ry’abarenga 1800 – read more
  • 4 March » Santa Kinyera wari wungirije muri Ambasade ya Uganda mu Rwanda yapfuye – read more
  • 4 March » Nyagatare: Barasaba ko igishanga cy’umuceri gitunganywa – read more
  • 3 March » ISRAEL YEMEJE IBITERO MURI LIBAN NA IRAN ICYARIMWE – read more

Gutanga umusoro byubaka igihugu bikagiha kwigira ku buryo burambye-Kagame

Friday 19 November 2021
    Yasomwe na

Mutungirehe Samuel

Perezida Kagame Paul yavuze ko hari abashobora kumva ko gutanga umusoro ari ukwitanga ariko bikwiye kumvikana ko biba bifite intego, bituma igihugu kibasha kwigira kandi mu buryo burambye.

Yabitangaje kuri uyu wa Gatanu mu ijambo yagejeje ku bitabiriye umunsi w’Abasora mwaka wa 2020, hashimirwa abasora bubabirije inshingano zabo neza ndetse n’abatarabyumva neza bibutswa akamaro kabyo.

Yagize ati “Byubaka igihugu, bikagiha kwigira ku buryo burambye. Kandi abakora ndetse batanga imisoro ndetse n’abo twashimiye baje hano imbere ubwo ni ikimenyetso cy’ibishoboka kandi bikwiriye gukorwa.”

Perezida Kagame yakomeje gusaba abasora gukomeza gukora kurushaho no gukora neza.

Ati “ibyo dukora tukabyongera, tubakora neza, bikatugirira inyungu, ibyo birumvikana ko n’abandi n’ibihugu nacyo nyine kibyungukiramo muri iriya nzira.”

Yasobanuye ko imisoro ari igishoro mu bukungu bw’imibereho myiza by’u Rwanda ari none ari n’ejo hazaza.

Ati "Dufite amahirwe rero yo kugira inzego za Leta zikoresha umutungo neza zigatanga inyungu zifatika twese tubona kandi twumva arik oicyo gihe nongeraho kongera gusaba ko byanarushaho kuba byiza. Iteka ntabwo ibintu ari byiza ku buryo buhagije haba hari ibishobora gukorwa kurushaho kugira ngo dukomeze dutere imbere ndetse byashoboka vuba.”

Umukuru w’Igihugu yibukije abacuruzi n’abasora bataratanga umusoro gufatira urugero ku bashimiwe ko batanga umusoro neza.

Hashimiwe n’abasora bakoresheje EBM neza buri gihe mu byo bacuruza

Muri uyu muhango usoza ukwezi kw’abasora, hashimiye kandi n’Ikigo cy’Igihugu gikusanya imisoro RRA, ku buryo bahwitura abasora gutanga ibigenewe igihugu.

feature-top
feature-top

Any message or comments?

pre-moderation

This forum is pre-moderated: your contribution will only appear after being validated by an admin.

Who are you?
Log in
Your post

To create paragraphs, just leave blank lines.

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

Iyandikishe ujye ubona Amakuru