Nyuma y’umunsi umwe bihwihwiswa, Guverinoma y’u Rwanda yemeje urupfu rwa Mukurarinda Alain Bernard, wari umuvugizi wa guverinoma wungirije.
Ibiro by’Ubuvugizi bwa Guverinoma y’u Rwanda, OGS, byatangaje ko Alain Mukuralinda wari Umuvugizi wungirije wa Guverinoma, yitabye Imana azize uburwayi bwo guhagarara k’umutima.
Itangazo ryashyizwe hanze na OGS, Mukuralinda yakoreraga, kuri uyu wa Gatanu tariki 4 Mata, rigira riti “Tubabajwe no gutangaza urupfu rw’Umuvugizi wa Guverinoma wungirije, Bwana Alain Mukuralinda. Guverinoma y’u Rwanda yihanganishije umuryango we, inshuti ze ndetse n’abagize amahirwe yo gukorana na we.”
Mbere yaho yabaye umuvugizi w’urwego rw’ubushinjacyaha bw’u Rwanda, aba n’umushinjacyaha mu manza zirimo n’urwa Victoire Ingabire, umunyapolitike utavuga rumwe n’ubutegetsi bw’u Rwanda.
Yari n’umuhanzi w’indirimbo zirimo n’iz’urukundo ndetse n’uw’indirimbo "Tsinda Batsinde" yamamaye yo gushimagiza ikipe y’igihugu y’umupira w’amaguru Amavubi.
Muri bimwe mu biganiro bya vuba yaherukaga kugira mu itangazamakuru, harimo ku gucana umubano n’Ububiligi u Rwanda rushinja kubogamira ku butegetsi bwa DR Congo mu kibazo cy’intambara mu burasirazuba bwa Congo no kugira uruhare mu gutuma rufatirwa ibihano n’umuryango w’Ubumwe bw’Uburayi.


















