Umunyambanga Nshingwabikorwa w’Urwego rw’Igihugu rushinzwe Intwari z’Igihugu, Nkusi Deo, yatangaje ko u rwanda rugifite abaturage bazavamo intwari muri ibi bihe ndetse n’ibizaza hakurikijwe indangagaciro bagaragaza.
Yabitangarije RBA ubwo Umukuru w’igihugu Perezida Kagame na Madamu Jeannette Kagame bari bamaze gushyiraga indabo ku kimenyetso cy’Intwari giherereye ku Gicumbio cy’intwari i Remera mu Mujyi wa Kigali mu muhango wo kwizihiza Intwari z’u rwanda uba buri tariki ya Mbere Gashyantare.
Nkusi yavuze ko iyo witegereje u Rwanda uko ruhagaze n’Abanyarwanda muri rusange, wareba no mu rubyiruko mu buryo bw’umwihariko usanga gihari ikizere gihari ko intwari zikiriho.
Ati: "Bitanga icyiozere ko mu gihe kizaza u Rwanda ruzakomeza kugira intwari ariko cyane cyane kuri uyu munsi wa none u Rwanda rufite intwari mu buryo bugaragara, mu bantu barwitangira, mu bice byose by’ubuzima bw’igihugu; batuma igihugu gitera imbere, batuma igihugu kigira amahoro, kigira ubukungu, kigira n’imibereho myiza ndetse u Rwanda rugasagurira n’ibindi bihugu."
Akomeza avuga ko hakwiye gukomeza kwigisha, cyane cyane abakiri bato, bagakangurirwa kugera ikirenge mu cy’intwari zababanjirije no kumenya za kirazira zirinda umuco w’ubutwari.





















