Nyuma yo gutora abasenateri b’agateganyo 12 bahagarariye inzego z’imitegekere y’igihugu bazinjira mu nteko ishinga amategeko umutwe wa Sena, Hon Mukabalisa Donathille nawe yatorewe kwinjira muri Sena.
Donatille Mukabalisa usije Manda ebyiri ari Perezida w’Umutwe w’Abadepite yatorewe kwinjira muri Sena y’u Rwanda ahagarariye Ihuriro ry’Imitwe ya Politiki yemewe mu Rwanda.
Si ubwa mbere Hon Mukabalisa agiye muri Sena kuko na mbere yo kwinjira mu mutwe w’abadepite yari avuye muri Sena.
Amatora yakozwe n’Abagize iIhuriro ry’Imitwe ya Politiki yemewe mu Rwanda yabaye kuri uyu wa Kane tariki 19 Nzeri 2024 niyo yatorewemo.
Umwanya Hon Mukabalisa yatoreweho wari urimo umusenateri w’umugabo uturuka mu ishyaka rya Green Party of Rwanda hamwe na bagenzi be n’abagabo n’abagore bose bakaba bane.
Mukabalisa Donatille ubarizwa mu mutwe wa Politiki wa Partie Liberale (PL) yatoranywe na Murangwa Ndangiza Hadija wari usanzwe ari Umusaneteri.
Ubusanzwe Ihuriro Nyarwanda ry’imitwe ya Politiki yemewe mu Rwanda rigira abasenateri bane barihagararira muri Sena y’u Rwanda, nyuma y’aba babiri hazatorwa abandi mu gihe gito kiri imbere.
Sena y’u Rwanda igizwe n’abantu 26, hakazajyamo abandi umunani bazashyirwaho na Perezida wa Repubulika y’u Rwanda.





















