Friday . 17 April 2026

INKURU ZIGEZWEHO

  • 10 April » Michigan yiyongereye kuzindi leta zibuka Jenoside yakorewe Abatutsi – read more
  • 1 April » Perezida w’u Burundi yaragije Imana igihugu cye nyuma y’uko ububiko bw’intwaro z’igisirikare cy’u Burundi bufashwe n’inkongi y’umuriro – read more
  • 31 March » Spain yafunze ikirere cyayo ku ndege z’intambara z’Amerika – read more
  • 31 March » Gakenke: Bakusanyije Miliyoni zisaga 200 zo kurengera abatishoboye – read more
  • 26 March » Perezida Kagame :Iterambere ry’amadini n’amatorero n’Igihugu gitera imbere – read more

Hon. Ndangiza yahawe umwanya ukomeye mu Nteko ya Commonwealth/Afurika

Thursday 21 September 2023
    Yasomwe na

Depite Ndangiza yagizwe Umuyobozi w’Ihuriro ry’Abagore bo mu Nteko ya Commonwealth muri Afurika.

Ihuriro ry’Abagore bagize Inteko Ishinga Amategeko mu Muryango w’Ibihugu bikoresha Ururimi rw’Icyongereza, Commonwealth, Ishami rya Afurika, (CWP) ryatoreye Depite Ndangiza Madina usanzwe ari umwe mu bagize Inteko Ishinga Amategeko y’u Rwanda kuba Umuyobozi Mukuru waryo.

Iri huriro ryatangaje ko Depite Ndangiza yatorewe manda y’imyaka itatu izarangira mu 2026, mu matora yabereye mu nama y’abagize iri huriro yabereye ku ikoranabuhanga kuri uyu wa 20 Nzeri 2023.

Depite Ndangiza yari asanzwe ari muri Komite Nyobozi nka Member wa CWP yari igizwe n’abagore batandatu bari bayobowe na Dr. Zainab Gimba wo muri Nigeria.

Abo bagore kandi barimo Kayanga Baroda wo muri Uganda, Talita Monnakgotla wo muri Botswana, Veronica Sesay wo muri Sierra-Leone na Elma Dienda wo muri Namibia.

CWP yashyizweho igamije kubakira ubushobozi abagore baba batowe mu Nteko Zishinga Amategeko mu bihugu byabo kugira ngo bakomeze kugaragaza umusaruro wabo mu mirimo bashinzwe.

feature-top
feature-top

Any message or comments?

pre-moderation

This forum is pre-moderated: your contribution will only appear after being validated by an admin.

Who are you?
Log in
Your post

To create paragraphs, just leave blank lines.

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

Iyandikishe ujye ubona Amakuru