Depite Ndangiza yagizwe Umuyobozi w’Ihuriro ry’Abagore bo mu Nteko ya Commonwealth muri Afurika.
Ihuriro ry’Abagore bagize Inteko Ishinga Amategeko mu Muryango w’Ibihugu bikoresha Ururimi rw’Icyongereza, Commonwealth, Ishami rya Afurika, (CWP) ryatoreye Depite Ndangiza Madina usanzwe ari umwe mu bagize Inteko Ishinga Amategeko y’u Rwanda kuba Umuyobozi Mukuru waryo.
Iri huriro ryatangaje ko Depite Ndangiza yatorewe manda y’imyaka itatu izarangira mu 2026, mu matora yabereye mu nama y’abagize iri huriro yabereye ku ikoranabuhanga kuri uyu wa 20 Nzeri 2023.
Depite Ndangiza yari asanzwe ari muri Komite Nyobozi nka Member wa CWP yari igizwe n’abagore batandatu bari bayobowe na Dr. Zainab Gimba wo muri Nigeria.
Abo bagore kandi barimo Kayanga Baroda wo muri Uganda, Talita Monnakgotla wo muri Botswana, Veronica Sesay wo muri Sierra-Leone na Elma Dienda wo muri Namibia.
CWP yashyizweho igamije kubakira ubushobozi abagore baba batowe mu Nteko Zishinga Amategeko mu bihugu byabo kugira ngo bakomeze kugaragaza umusaruro wabo mu mirimo bashinzwe.


















