Mutungirehe Samuel
Mu ruzinduko ari kugirira mu Rwanda, Minisitiri w’Ububanyi n’amahanga wa Hongiriye (Hungary), Szijjártó Péter yatangaje ko igihugu cye kigiye gufungura ibiro bya ambasaderi wacyo mu Rwanda mu rwego rwo gushimangira umubano uri Hagati y’ibihugu byombi.
Yabitangaje kuri uyu wa Gatatu ubwo yatangiraga uruzinduko arimo mu Rwanda, guhera ku mugoroba ushyira uyu munsi.
Yavuze ko kugira ngo ibikorwa by’ubutwererane Hagati y’ibihugu byombi birusheho kwihuta ndetse Hongiriya ibashe guhatana neza ku isoko rya Afurika umwaka utaha izafungura ibiro biyihagarariye mu Rwanda.
Ati "Twubaha cyane uburyo u Rwanda rwakomeje gutera imbere muri iyi myaka ya vuba kandi twoshimiye kugira uruhare muri iri terambere; igihugu cyacu ni kimwe mu bifite ubukungu bufunguye ku isi, kandi turabizi ko kuza ku isoko rya Afurika bitoroshye kuko birasaba guhatana cyane.
Yakomeje agira ati ’Ikindi nshaka kubamenyesha ni uko kugira ngo turusheho kongera umuvuduko, mu ntangiriro z’ umwaka utaha i Kigali tuzafungura ibiro bihagarariye inyungu za Hongiriya mu Rwanda ariko by’umwihariko bigamije gushimangira ubutwererane mu by’ubukungu n’ubucuruzi.
Kugeza ubu Ambasade ireberera inyungu za hongiriya mu Rwanda iri i Nairobi muri Kenya.
Mu kwezi Kwa kabiri uyu mwaka Minisitiri w’Ububanyi n’amahanga w’u Rwanda, Dr. Biruta Vincent nawe yagiriye uruzinduko muri Hongiriya.
















