Mu biganiro byahuje Police n’itangazamakuru, bigamije kunoza imikoranire hagati y’izi nzego zombi, umuyobozi mukurui wa Polisi y’u Rwanda IGP Dan Munyuza yashimangiye ko hari abashaka guhungabanya umutekano w’u Rwanda, akaba asanga baba baraye babirose bakifuza gukabya inzozi zidashoboka.
Uyu muyobozi wa polisi yabanje gushimangira ko umutekano w’Igihugu muri Rusange wifashe neza kandi ngo bikeshwa imikoranire myiza hagati yayo, inzego zitandukanye z’ubuyobozi bw’Igihugu, abaturage n’itangazamakuru.
Yasabye abanyamakuru gukomeza kuyifasha gukaza no kubungabunga umutekano mu gihe cy’iminsi mikuru isoza umwaka abanyarwanda bagiye kwinjiramo.
Ageze ku kibazo cy’abashatse guhungabanya umutekano w’ Igihugu mu karere ka Nyaruguru-Nyabimata, IGP Dan Munyuza, yagize ati “Aho bari hose polisi irahazi n’ibyo bateketeza byose birazwi kandi ntibashobora kuwuhungabanya ukundi”
yongeraho ati ”Abashaka kuduhungabanyiriza umutekano bashora urusaku gusa ku mbuga za interinete. Baba baraye barose inzozi zo guhungabanya umutekano wacu, bwacya bagashaka kuzikabya, ariko ntibazabigeraho kuko turahari twiteguye guhangana nabo”.
Yasabye abanyamakuru kwirinda inkuru zitwa izicuruza ku bitangazamakuru byabo nyamara zigira uruhare mu gutiza umurindi abashaka guhungabanya umutekano n’ubusugire bw’igihugu muri rusange.



















