Ibyemezo bya Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Donald Trump, byo kuzamura imisoro ku bihugu by’uburayi no gushaka kwigarurira Greenland byica ingingo ya 2 n’iya 3 z’amasezerano ya NATO.
Ingingo ya 2 isaba ibihugu bigize uyu muryango kwirinda amakimbirane mu bya politiki no guteza imbere ubufatanye mu by’ubukungu hagati yabyo, Gushyiraho imisoro ihanitse ku bihugu by’Uburayi bifatwa nk’ibibangamira iyo ntego.
Ingingo ya 3 yo isaba ibihugu bya NATO gukomeza no guteza imbere ubushobozi bwo kwirinda ibitero bya gisirikare. Umugambi wo kwigarurira Greenland, iki kirwa kigenzurwa na Denmark bishobora guteza umutekano mucye no guca intege ubufatanye bwa gisirikare muri NATO.
Nkuko iyi nkuru dukesha Politico ivuga ,Umunyamabanga Mukuru wa NATO, Mark Rutte, yibanze cyane ku ntego yo gukomeza Amerika muri NATO mu gihe cya Trump, kugira ngo itava mu mu ryango w’ubumwe bw’Uburayi. Icyakora, iyi nzira iramushyira mu majwi kuko ishobora kumutesha izindi nshingano zo kuyobora no kurengera inyungu rusange z’umuryango wa NATO.
Ibi byose byerekana umwuka mubi uri mu mubano wa Amerika n’u Burayi, ushobora kugira ingaruka ku by’Umutekano n’ubufatanye mpuzamahanga.
Yvette Niyigena





















