Aya marushanwa yateguwe n’ikigo cya Vision Jeunesse Nouvelle na Future Novelty Company n’Akarere ka Rubavu, akaba agiye kuba ku nshuro ya kabiri, nyuma y’umwaka ushize. Ibi bikaba byaragatsweho mu kiganiro n’abanyamakuru ku wa Gatandatu tariki 26 Mata 2026. Aya marushanwa afite intego yo gufasha urubyiruko guteza impano zabo imbere, bityo zibe zabafasha kugera ku musaruro, aho biteganyijwe ko mu bayategura bazazenguruka mu mirenge yose y’Akarere ka Rubavu, bashaka abanyempamo ngo bahatane (…)
Perezida w’Ubufaransa Emmanuel Macron wari mu Burusiya ku mugoroba, yaraye atunguye abakinnyi n’abayobozi b’ikipe y’igihugu cy’Ubufaransa, ubwo yabasangaga mu rwambariro nyuma yo gutsinda Ububiligi igitego 1-0 bagera ku mukino wa nyuma w’igikombe cy’isi.
Uyu muperezida uri mu bakundwa na benshi mu rubyiruko,yaraye asanze mu rwambariro abakinnyi abashimira akazi gakomeye baraye bakoze basezerera Ububiligi bwagaragaje ubudashyikirwa muri iyi mikino y’igikombe cy’isi iri kubera mu (…)
Saa mbili z’ijoro ku isaha ya Kigali, abakunzi ba ruhago baraba bahanze amaso umukino w’ishiraniro wa ½ cy’Igikombe cy’Isi kiri kubera mu Burusiya, uhuza u Bubiligi n’u Bufaransa ku mugoroba wo kuri uyu wa Kabiri.
Uyu mukino wa mbere muri iki cyiciro urabera kuri Krestovsky Stadium mu Mujyi wa Saint Petersburg ni uwa 74, uhuza ibihugu byombi mu marushanwa yose.
U Bufaransa bwatsinze imikino ibiri iheruka kubuhuza n’u Bubiligi mu Gikombe cy’Isi bwageze muri ½ busezereye Uruguay nyuma yo (…)
Umukino wahuzaga APR FC na Simba mu mikino ya CECAFA Kagame Cup urangiye igitego cya Kagere Meddy cyo ku munota wa nyuma kiraje nabi APR FC.
Uyu wari umukino w’akabiri kuri aya makipe yombi aherereye mu itsinda rya gatatu, APR FC ihagarariye u Rwanda yasabwaga gutsinda cyangwa kunganya uyu mukino kugirango ikomeza kugira amahirwe yo kuzamuka mu itsinda irimo.
Gusa siko bigenze kuko umukino urangiye Simba istinze APR FC ibitego 2 kuri kimwe, ku munota wa 68 APR FC niyo yafunguye amazamu (…)
APR FC ibifashijwemo na Hakizimana Muhadjili yatsinze Rayon Sports ibitego bibiri kuri kimwe mu mukino w’Umunsi wa 26 wa Shampiyona wabereye kuri Stade Amahoro, amahirwe yo kwegukana igikombe ariyongera.
Mbere y’uyu mukino, Rayon Sports yari yagiye ivugwamo ibibazo byinshi by’umwuka mubi byatumye kapiteni Ndayishimiye Eric Bakame ahagarikwa nyuma aza kubabarirwa ahubwo hahagarikwa abatoza barimo umukuru Ivan Minnaert n’abamwungirije, Lomami Marcel na Jeannot Witakenge byatumye kuva ku wa (…)
Mu masaha make imikino y’Igikombe cy’Isi cya 2018 mu mupira w’amaguru iratangira mu Burusiya, ibirori byo gutangiza ku mugaragaro iyo mikino irabera ku kibuga cya Luzniki, mu mugi wa Moscow.
Umukino wa mbere wo gufungura indi ku mugaragaro, urahuza Uburusiya na Arabia Saoudite.
Abafana ibihumbi n’ibihumbi baturutse mu mpande z’isi bamaze kuzura umujyi mukuru Moscow bategereje gukurikirana uko amakipe yabo azitwara. Uburusiya na Arabia Saoudite birakina saa kumi n’imwe z’umugoroba (saa (…)
Nyuma ya KCCA yo muri Uganda yatangaje ko itazitabira aya marushanwa, ikipe ya Yanga African nayo yasezeye muri iri rushanwa ivuga ko abakinnyi bayo bakeneye ikiruhuko gihagije.
Mu ibaruwa bagejeje ku ishyirahamwe ry’umupira w’amaguru muri Tanzania, basabye ko bakurwa mu makipe agomba kwitabira CECAFA Kagame Cup kuko amatariki izakinirwaho yegeranye n’ayo izaba yitabiriraho imikino ya CAF Confederations.
Yanga African yari iri mu itsinda rya gatatu ririmo mukebe wayo Simba, ikaba isezeye (…)
Umuhanzi ukunzwe n’abatari bake mu Rwanda kubera impano yihariye afite mu muziki, Bruce Melody agiye gukora ibitaramo bizenguruka igihugu, ku ikubitiro agiye gutaramira abo mu ntara y’Iburasirazuba muri iyi wikendi.
Mu bitaramo bizazenguruka igihugu, umuhanzi Bruce Melody uzwi mu njyana ya RnB, Danny Vumbi na Jay C bagiye guha abakunzi b’umuziki ibyishimo.
Bruce Melody yavuze ko bateguye ibi bitaramo mu rwego rwo kwiyegereza abakunzi b’umuziki bari inyuma ya Kigali kuko usanga ibitaramo (…)
Umutoza Ivan Minnaert yasabye abakinnyi be kudacika intege bagakomeza kurwanira amanota 21 asigaye kugira ngo shampiyona irangire,aho yabibukije ko bagifite amahirwe yo kwegukana igikombe cya shampiyona uyu mwaka.
Nyuma yo kunganya na Police Fc ku wa Gatandatu w’icyumweru gishize,Minnaert yabwiye abanyamakuru ko ataratakaza amahirwe yo kwegukana igikombe cya shampiyona ndetse ko umukino wa APR FC ariwo abona uzagena uzatwara igikombe.
Rayon Sports isigaranye amahirwe make yo kwegukana (…)
Umufaransa watozaga ikipe ya Real Madrid, Zinedine Zidane asezeye ku mirimo yo gutoza iyi kipe nyuma yo kubaka amateka yo kuba ari we mutoza wa mbere utwaye Champions League eshatu mu ikipe imwe kandi yikurikiranya.
Mu kiganiro yagiranye n’itangazamakuru kuri uyu wa gatatu zidane yatangaje ko yeguye kubera abona ko ibyo yagezeho bishobora guhinduka mu minsi iri imbere.
Zidan ati, “Ndi umuntu ukunda intsinzi, naremewe gutsinda niyo mpamvu ibyo nkoze mu myaka itatu ari byiza bityo nkaba (…)
Umuyobozi w’ikigo cy’igihugu cy’iterambere RDB, Clare Akamanzi ni umwe mu bazwiho ubuhanga ndetse yagiye atorwa nk’umwe mu banyafurikakazi bavuga rikijyana. Kuri ubu umuryango we watumiye inshuti n’abavandimwe mu muhango wo gusaba no gukwa uyu Clare Akamanzi.
Nk’uko bigaragara ku rupapuro rw’ubutumire, ibi birori bizaba ku itariki 23/06/2018 ahitwa Mlimani Gardens ho ku i Rebero mu mujyi wa Kigali. Clare Akamanzi yahawe na Perezida wa Repubulika y’u Rwanda, Nyakubahwa Paul Kagame (…)
Umuhanzi Celine Dion arembejwe n’indwara idakira
9 December 2022
Collaboratively administrate empowered markets via plug-and-play networks. Dynamically procrastinate B2C users after installed base benefits. Dramatically visualize customer directed convergence without
Collaboratively administrate empowered markets via plug-and-play networks. Dynamically procrastinate B2C users after installed base benefits. Dramatically visualize customer directed convergence without revolutionary ROI.
























