Thursday . 5 March 2026

INKURU ZIGEZWEHO

  • 5 March » Iran yatangije ibitero byo ku butaka ku Ba Kurde bo muri Iraq – read more
  • 5 March » Rura yatangaje ibiciro bishya by’ibikomoka kuri Peteroli – read more
  • 5 March » Inama y’abaminisitiri yemeje ifungurwa ry’abarenga 1800 – read more
  • 4 March » Santa Kinyera wari wungirije muri Ambasade ya Uganda mu Rwanda yapfuye – read more
  • 4 March » Nyagatare: Barasaba ko igishanga cy’umuceri gitunganywa – read more

Ibiciro byazamutse ni ku bicuruzwa bike by’ibintu biva hanze-Dr. Ngirente

Wednesday 16 March 2022
    Yasomwe na

Yanditswe na Mutungirehe Samuel

Minisitiri w’Intebe, Dr Edouard Ngirente yavuze ko ko hamaze iminsi hagaragara amakuru y’ibicuruzwa byazamutse mu bicoro ariko yikoma abantu babihuza n’intambaza ziri kuvugwa hanze, yemeza ko ibiciro byazamutse ari ku bicuruzwa bike by’ibintu biva hanze.

Yabitangaje mu Kiganiro yagiranye n’itangazamakuru kuri uyu wa gatatu, hagarukwa ku bukungu bw’igihugu.

Minisitiri w’Intebe, Dr. ngirente yavuze ko iyo urebye ku isoko ry’u Rwanda uko ibintu bihagaze ibihingwa byera mu Rwanda ibiciro byabyo bitazamutse.

Yabanje gusobanura ko mu byatumye ubukungu bw’u Rwanda bwihagarararo kugira ngo ibiciro bitazamuka cyane ku isoko birimo imbaraga zashyizwe mu guteza imbere ubuhinzi no muri COVID-19 bugakomeza gukora ibindi bias n’ibyahagaze, bikongeraho no kwihaza ku mbuto zo mu buhinzi mu gihembwe cy’ihinga A 2022, byatumye ibihingwa byera mu Rwanda ku isoko bitarazamutse.

Yakomeje asobanura ibiciro bazi byazamutse, ati “Ibyazamutse ni ibicuruzwa bike by’ibintu biva hanze ariko bishingiye ku mpamvu z’inganda biturukamo ndetse nasobanure neza ko abatangiye gukora za Speculation (Ibihuha mu bucuruzi) ngo ni ikibazo cy’intambara ziri ahanaha ntabwo ari byo.

Ibiciro by’ibintu byazamutse cyane cyane mwumvise nk’iby’isukari muri iyi minsi; ibyabanje ni bitatu; habanje isukari, isabune n’amavuta yo guteka, ntaho bihuriye n’ikibazo cy’intambara ngo iri ahantu aha n’aha ku isi, ni izindi mpamvu, ngira ngo n’umucuruzi wabyitwaza agatangira kuzamura igiciro cy’ibijumba, icy’inyanya n’icy’imyumbati ngo ni intambara ziri mu bihugu byo hanze ntabwo ari byo, ibyo ni Minisiteri y’Ubucuruzi iba ifite ikipe y’ubugenzuzi ireba impamvu umuntu azamura ibiciro ariko ibyo by’amavuta ni izindi mpamvu z’inganda biturukamo.”

Ikindi minisitiri w’Intebe yavuze ni uko ibiciro by’ibintu bikorerwa mu Rwanda bitazamutse, ari bike byazamutseho gato nk’akawunga, ibirayi, nabyo bishingiye ku miterere y’igihembwe cy’ihinga.
Ku giciro cy’isukari, Minisitiri w’Ubucuruzi n’inganda avuga ko hari ibihubu u Rwanda rwaranguragamo isukari kuko iyo mu Rwanda ari 10% by’ikoreshwa mu gihugu.

Ariko hashize imyaka ine u Rwanda rutangiye kureba mu bihugu duturanye byo muri Afurika byo kuranguramo isukari. Twaranguraga isukari ahantu hatandukanye ariko abayizana harimo ufite 35% by’isukari yatugezagaho wari ufite inganda muri Malawi, Swaziland no muri Zambia agemura isukari muri kano gace. Mu gihe rero cy’imvura kenshi inganda zitunganya isukari zikora isuku mu mashini ku buryo biri mu byatumye isukari isa n’ihungabanye, twizera ko mu mpera z’ukwa kane cyangwa mu kwa gatanu byaba byarangiej gusubira ku murongo.”

Ku mavuta, Minisitiri Habyarimana yavuze ko amenshi ava mu misili no mu bihugu byo ku mugabane w’Asia aho mu myaka ibiri bitari bimeze neza, gusa inganda zo mu Rwanda nazo zazamuye ubushobozi bwo gukora amavuta kandi n’iby’ibanze mu gukora amavuta birimo kugenda biboneka mu bihugu bituranye n’u Rwanda.

feature-top
feature-top

Any message or comments?

pre-moderation

This forum is pre-moderated: your contribution will only appear after being validated by an admin.

Who are you?
Log in
Your post

To create paragraphs, just leave blank lines.

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

Iyandikishe ujye ubona Amakuru