Ibyemezo by’Inama y’Abaminisitiri yateranye kuri iki cyumweru tariki ya 28 Ugushyingo 2021 yemeje ko ingendo z’indege hagati y’u Rwanda n’ibihugu byo mu Majyepfo y’Afurika zisubikwa.
Mu bishya birimo ni uko abitabira inama, ibitaramo n’andi makoraniro ahuriza hamwe abantu benshi basabwa kuba barikingije byuzuye Kandi baripimishije COVID19 bikagaragara ko nta virus bafite.
















