Tuesday . 3 March 2026

INKURU ZIGEZWEHO

  • 3 March » ISRAEL YEMEJE IBITERO MURI LIBAN NA IRAN ICYARIMWE – read more
  • 1 March » Gicumbi: Abarwanashyaka ba Green Party basabwe guhangana n’ibiyobyabwenge – read more
  • 24 February » Trump yahakanye inkuru ivuga ko umuyobozi mukuru w’igisirikare cya Amerika arwanya igitero kuri Irani – read more
  • 24 February » Umuhungu wa Robert Mugabe yarezwe icyaha cyo gushaka kwica – read more
  • 23 February » Ubumwe bw’Uburayi (EU) yatangaje ko itazemera izamurwa ry’imisoro ku bicuruzwa byoherezwa muri Amerika nyuma y’icyemezo cy’Urukiko rw’Ikirenga – read more

Ikigo cy’ubushinwa kiraregwa n’Amerika gukora udupfukamunwa tutujuje ubuziranenge

Saturday 6 June 2020
    Yasomwe na

By Imfurayabo Pierre

Minisiteri y’Ubutabera muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika, yajyanye mu nkiko ikigo cy’u Bushinwa aho gishinjwa kubagurisha udupfukamunwa hafi ibihumbi 500 tujujuje ubuziranenge.

Amerika ivuga ko utu dupfukamunwa twagurishijwe abacuruzi muri Mata ubwo iki gihugu cyari cyugarijwe na coronavirus.

Iki kirego cyatanzwe mu Rukiko rw’Ikirenga ruherereye i Brooklyn, muri New York.

Amerika ivuga ko iki kigo cyitwa King Year Packaging and Printing gikorera mu Mujyi wa Guangdong, cyohereje udupfukamunwa twagombaga gukoreshwa mu kurinda abaganga n’abandi bakozi kwirinda coronavirus.

Iki gihugu kandi kivuga ko iyi sosiyete yabeshye ko udupfukamunwa tugera ku 495 200 yohereje twari twujuje ubuziranenge, ikanabeshya ko twemejwe n’ikigo cy’igihugu cy’Amerika gishinzwe ubuziranenge n’ubuzima.

Ikinyamakuru The Business Times kivuga ko iki kigo cyo mu Bushinwa cyishyuwe miliyoni imwe y’amadorali kuri utu dupfukamunwa.

Umukozi wa FBI, Douglas Korneski, ari nawe wakoze iperereza ku masezerano y’utu dupfukamunwa, yagize ati “Ibirego bivugwa muri iki cyaha byerekana ko hirengagijwe umutekano w’Abanyamerika, iyo hataba ibikorwa by’itsinda rishinzwe iperereza, iki kigo cy’Abashinwa cyari gushyira abakozi b’ibitaro ndetse n’abandi bose bafite aho bahurira n’iki cyorezo mu kaga, gikoresheje ibikoresho bitujuje ubuziranenge kugira ngo kibone amafaranga.”

Iyi sosiyete y’Abashinwa irashijwa ibyaha bine birimo kujyana muri Amerika ibicuruzwa by’ubuzima bitemewe kandi bitujuje ubuziranenge, no kubeshya ikigo cy’Amerika gishinzwe ibiryo n’imiti.

Buri kirego gitwara ngo gitangwaho ihazabu y’amadolari ibihumbi 500, cyangwa arenze inshuro ebyiri ayo sosiyete yinjije mu kugurisha utu dupfukamunwa.

Kugeza ubu Leta Zunze Ubumwe za Amerika nizo zikomeje kuza imbere mu kugira umubare w’abanduye n’abamaze gupfa benshi ku Isi, kuko abamaze kwandura ni 1 965 912 naho abamaze gupfa ni 111 394.

feature-top
feature-top

Any message or comments?

pre-moderation

This forum is pre-moderated: your contribution will only appear after being validated by an admin.

Who are you?
Log in
Your post

To create paragraphs, just leave blank lines.

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

Iyandikishe ujye ubona Amakuru