Polisi y’u Rwanda yabujije imisigiti yo mu Mujyi wa Kigali kongera guhamagara abayoboke bayo ku isaha yo gusali, icyo bita "Gutora Adhana", ku mpamvu yise ko icyo gikorwa giteza urusaku bikabangamira abaturage.
Ni ibisobanuro yatanze nyuma yuko kuri uyu wa mbere Polisi isubije abibazaga impamvu imisigiri yo muri Kigali yabujijwe Gutora Adhana, igikorwa bamenyereye kwifashushamo indangururamajwi hejuru y’imisigiri.
Polisi y’u Rwanda yasibije ko yabikoze ishingiye ku itegeko, riteganya ko igihe hari ibikorwa biteza urusaku rubangamira abaturage bihagarikwa.
Bamwe mu bayisilamu ntibabyumviseho kimwe na Polisi, Sheikh Ahmed Munyezamu atabaza Perezida Kagame ngo arenganure abayisilamu ku cyo yise kuvutswa ubwisanzure bagenerwa n’iitegeko nshinga.
Yagize ati "Ingingo ya 37 y’itegeko nshinga ry’u Rwanda igena ubwisanzure mu myemerere
@PaulKagame, Nyakubahwa Perezida wa Republika, tabara abayislam kuko bari kuvutswa ubwisanzure bagenerwa n’itegeko nshinga, mukuri Adhana (guhamagara) ni kimwe mu bigize imyemerere y’Abayislamu."

















