Ndayambaje Jean Claude
Ikipe ya APR WVC y’abagore ikina umukino w’intoki wa (volleyball) yakoze impanuka ikomeye ubwo barimo berekeza ku kibuga cy’imyitozo bitegura irushanwa ryateguwe na RRA.
Ni impanuka yabaye kuri uyu wa Kabiri tariki ya 9 Ugushyingo 2021, ahagana saa 14h00’ ubwo imodoka yari itwaye abakinnyi ba APR WVC yari igeze mu Karere ka Kicukiro ahanzwi nko ku i Rebero, yagonganye n’umumotari ahita ahasiga ubuzima.
Nubwo abakinnyi bo nta n’umwe witabye Imana gusa abakomeretse bikomeye harimo na Team Manager w’iyi Kipe barimo gukurikiranwa n’abaganga mu bitaro bya Gisirikare bya Kanombe.
Iyi Kipe ya APR WVC ikoze impanuka mu gihe barimo kwitegura imikino yitiriwe Umusoreshwa mwiza "Best Tax Payer" igomba guhera ku tariki ya 26 kugeza 28 Ugushyingo 2021. Yateguwe n’Ikigo cy’Imisoro n’Amahoro, Rwanda Revenue Authority (RRA).
Ubwo twakoraga iyi nkuru ntitwabashije kumenya amazina y’abakinnyi baba bakomeretse bikomeye.
















