Wednesday . 4 March 2026

INKURU ZIGEZWEHO

  • 4 March » Santa Kinyera wari wungirije muri Ambasade ya Uganda mu Rwanda yapfuye – read more
  • 4 March » Nyagatare: Barasaba ko igishanga cy’umuceri gitunganywa – read more
  • 3 March » ISRAEL YEMEJE IBITERO MURI LIBAN NA IRAN ICYARIMWE – read more
  • 1 March » Gicumbi: Abarwanashyaka ba Green Party basabwe guhangana n’ibiyobyabwenge – read more
  • 24 February » Trump yahakanye inkuru ivuga ko umuyobozi mukuru w’igisirikare cya Amerika arwanya igitero kuri Irani – read more

Imodoka yari itwaye abakinnyi ba APR WVC yakoze impanuka ihitana umuntu umwe

Tuesday 9 November 2021
    Yasomwe na

Ndayambaje Jean Claude

Ikipe ya APR WVC y’abagore ikina umukino w’intoki wa (volleyball) yakoze impanuka ikomeye ubwo barimo berekeza ku kibuga cy’imyitozo bitegura irushanwa ryateguwe na RRA.

Ni impanuka yabaye kuri uyu wa Kabiri tariki ya 9 Ugushyingo 2021, ahagana saa 14h00’ ubwo imodoka yari itwaye abakinnyi ba APR WVC yari igeze mu Karere ka Kicukiro ahanzwi nko ku i Rebero, yagonganye n’umumotari ahita ahasiga ubuzima.

Nubwo abakinnyi bo nta n’umwe witabye Imana gusa abakomeretse bikomeye harimo na Team Manager w’iyi Kipe barimo gukurikiranwa n’abaganga mu bitaro bya Gisirikare bya Kanombe.

Iyi Kipe ya APR WVC ikoze impanuka mu gihe barimo kwitegura imikino yitiriwe Umusoreshwa mwiza "Best Tax Payer" igomba guhera ku tariki ya 26 kugeza 28 Ugushyingo 2021. Yateguwe n’Ikigo cy’Imisoro n’Amahoro, Rwanda Revenue Authority (RRA).

Ubwo twakoraga iyi nkuru ntitwabashije kumenya amazina y’abakinnyi baba bakomeretse bikomeye.

feature-top
feature-top

Any message or comments?

pre-moderation

This forum is pre-moderated: your contribution will only appear after being validated by an admin.

Who are you?
Log in
Your post

To create paragraphs, just leave blank lines.

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

Iyandikishe ujye ubona Amakuru