Inama y’Abaminisitiri yateranye ku gicamunsi cyo kuri uyu wa Gatatu yagize Isheja Sandrine Butera Umuyobozi Mukuru wungirije w’Urwego rw’igihugu rw’Itangazamakuru RBA, yirukana ku mirimo Zephanie Niyonkuru ku mwanya w’umunyamabanga Uhoraho muri Minisiteri ya Siporo.
Uyu Isheja Sandrine yari asanzwe ari Umunyamakuru wa radio Kiss FM mu Rwanda, akaba yakoraga n’umwuga wo gususurutsa imbaga no kuyobora ibirori (MC) bitandukanye.
Kuri Bwana Zephanie Niyonkuru, si ubwa mbere yirukanywe na Perezida wa Repubulika y’u Rwanda kuko tariki ya 06 Ukwakira 2022 nabwo byagenze uko.
Icyo gihe itangazo ryavuye mu biro bya Minisitiri w’Intebe Dr Edouard Ngirente ryavugaga ko Perezida Kagame yahagaritse Zephanie Niyonkuru wari Umuyobozi Mukuru wungirije w’Urwego rushinzwe Iterambere, RDB, ku mpamvu z’amakosa y’imiyoborere yamuranze mu bihe bitandukanye.
Nyuma yaje guhabwa kuba Umunyamabanga Uhoraho muri Minisiteri ya Siporo bamwe babyibazaho niba icyo yirukanywe kitamurimo.
Mu bandi bahawe inshingano harimo Clarisse Munezero wagizwe Umunyamabanga Uhoraho w’Urwego rw’Umuvunyi, mu gihe Antoine Marie Kajangwe yagizwe Umunyamabanga Uhoraho muri Minisiteri y’Ubucuruzi n’Inganda.
Mu bandi bahawe inshigano harimo Beatrice Cyiza wagizwe Umunyabanga Uhoraho muri Minisiteri y’Ibidukikije, mu gihe Mukandutiye Speciose na Francis Karemera bahawe inshigano zo kwinjira mu bagize Inama y’Inararibonye.
Isheja Sandrine Butera yari asanzwe ari umunyamakuru wamenyekanye mu biganiro by’imyidagaduro n’ubuzima rusange kuri radiyo zitandukanye mu Rwanda. Kuri ubu anayobora ibirori bitandukanye ndetse yanabaye mu Kanama Nkempurampaka mu Irushanwa rya Miss Rwanda.
Iyi nama y’Abaminisitiri iteranye bwa mbere nyuma yo gushyiraho Guverinoma nshya izayobora muri Manda y’imyaka 5 iri imbere ya Perezida Paul Kagame.


















